13 Ariko umukobwa w’umutambyi napfakara cyangwa agatana n’umugabo we atari yabyara, akagaruka kuba mu rugo rwa se nk’uko yahabaga akiri umukobwa,+ azaba yemerewe kurya ku byokurya bya se.+ Icyakora nta muntu utari uwo mu muryango w’abatambyi wemerewe kubiryaho.