5 Nuko amujyana hanze aramubwira ati “ubura amaso urebe ku ijuru maze ubare inyenyeri, niba ushobora kuzibara.”+ Arongera aramubwira ati “urubyaro rwawe na rwo ni ko ruzangana.”+
7 Nuko Abisirayeli barororoka batangira kuba benshi mu gihugu, kandi bakomeza kwiyongera no gukomera cyane mu buryo budasanzwe, ku buryo buzuye muri icyo gihugu.+
32 Abo ni bo babaruwe mu Bisirayeli hakurikijwe amazu ya ba sekuruza. Ababaruwe bose hakurikijwe aho bakambitse mu mitwe yabo, bari ibihumbi magana atandatu na bitatu na magana atanu na mirongo itanu.+
21 Mose ni ko kuvuga ati “abo turi kumwe ni abagabo bigenza ibihumbi magana atandatu,+ none nawe uravuze uti ‘nzabaha inyama bamare ukwezi kose bazirya’!