Nehemiya 9:29 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 29 Nubwo wababuriraga+ ngo bagarukire amategeko yawe,+ bagaragazaga ubwibone+ ntibumvire amategeko yawe; baracumuraga+ ntibakurikize imanza zawe,+ kandi ari zo zabeshaho umuntu aramutse azikurikije.+ Bakomezaga kwinangira bagaterura intugu,+ bagashinga amajosi+ maze ntibumvire.+ Imigani 28:14 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 14 Hahirwa umuntu uhora atinya,+ ariko uwinangira umutima azahura n’akaga.+ Yesaya 30:1 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 30 Yehova aravuga ati “abana binangira+ bazabona ishyano, bahora biteguye gusohoza imigambi ariko itanturutseho,+ bakagirana n’abandi amasezerano basuka ituro ry’ibyokunywa, ariko batayobowe n’umwuka wanjye, kugira ngo bongere icyaha ku kindi.+ Yeremiya 3:17 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 17 Icyo gihe bazita Yerusalemu intebe y’ubwami ya Yehova;+ kandi amahanga yose azaza ateranire+ i Yerusalemu kugira ngo yubahe izina rya Yehova,+ kandi ntibazongera kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye.”+ Yeremiya 6:28 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 28 Bose barinangiye birengeje urugero,+ bagenda basebanya;+ bameze nk’umuringa n’icyuma. Bose ni abarimbuzi.+ Zekariya 7:12 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 12 Imitima yabo+ bayigize urutare kugira ngo batumvira amategeko+ n’amagambo Yehova nyir’ingabo yabamenyesheje binyuze ku mwuka we+ no ku bahanuzi ba kera.+ Ibyo byatumye Yehova nyir’ingabo abarakarira cyane.”+ Abaroma 1:21 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 21 Nubwo bari bazi Imana ntibayihaye ikuzo rikwiriye Imana, habe no kuyishimira,+ ahubwo batekereje ibitagira umumaro,+ kandi imitima yabo itagira ubwenge icura umwijima.+ Abaroma 2:5 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 5 Ariko mu buryo buhuje no kwinangira kwawe+ n’umutima wawe utihana,+ wikururira umujinya+ wo ku munsi w’uburakari+ n’uwo guhishurwa+ k’urubanza rukiranuka rw’Imana.+
29 Nubwo wababuriraga+ ngo bagarukire amategeko yawe,+ bagaragazaga ubwibone+ ntibumvire amategeko yawe; baracumuraga+ ntibakurikize imanza zawe,+ kandi ari zo zabeshaho umuntu aramutse azikurikije.+ Bakomezaga kwinangira bagaterura intugu,+ bagashinga amajosi+ maze ntibumvire.+
30 Yehova aravuga ati “abana binangira+ bazabona ishyano, bahora biteguye gusohoza imigambi ariko itanturutseho,+ bakagirana n’abandi amasezerano basuka ituro ry’ibyokunywa, ariko batayobowe n’umwuka wanjye, kugira ngo bongere icyaha ku kindi.+
17 Icyo gihe bazita Yerusalemu intebe y’ubwami ya Yehova;+ kandi amahanga yose azaza ateranire+ i Yerusalemu kugira ngo yubahe izina rya Yehova,+ kandi ntibazongera kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye.”+
28 Bose barinangiye birengeje urugero,+ bagenda basebanya;+ bameze nk’umuringa n’icyuma. Bose ni abarimbuzi.+
12 Imitima yabo+ bayigize urutare kugira ngo batumvira amategeko+ n’amagambo Yehova nyir’ingabo yabamenyesheje binyuze ku mwuka we+ no ku bahanuzi ba kera.+ Ibyo byatumye Yehova nyir’ingabo abarakarira cyane.”+
21 Nubwo bari bazi Imana ntibayihaye ikuzo rikwiriye Imana, habe no kuyishimira,+ ahubwo batekereje ibitagira umumaro,+ kandi imitima yabo itagira ubwenge icura umwijima.+
5 Ariko mu buryo buhuje no kwinangira kwawe+ n’umutima wawe utihana,+ wikururira umujinya+ wo ku munsi w’uburakari+ n’uwo guhishurwa+ k’urubanza rukiranuka rw’Imana.+