Kuva 23:29 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 29 Sinzabirukana imbere yawe mu mwaka umwe, kugira ngo igihugu kitaba umwirare inyamaswa z’inkazi zikororoka zikagutera.+ Kubara 33:55 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 55 “‘Nimutirukana imbere yanyu abaturage bose bo muri icyo gihugu,+ abo muzasiga bazabamerera nk’inshinge mu maso yanyu, babamerere nk’amahwa mu mbavu zanyu, kandi bazababuza amahwemo muri icyo gihugu muzaba mutuyemo.+ Abacamanza 1:21 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 21 Ababenyamini ntibirukanye Abayebusi bari batuye i Yerusalemu,+ ahubwo Abayebusi bakomeje guturana na bo muri Yerusalemu kugeza n’uyu munsi.+ Abacamanza 2:23 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 23 Nuko Yehova areka ayo mahanga ntiyahita ayirukana,+ kandi ntiyari yarayahanye mu maboko ya Yosuwa. Abacamanza 3:4 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 4 Imana yakoresheje ayo mahanga kugira ngo igerageze+ Abisirayeli, imenye niba bari kumvira amategeko Yehova yari yarategetse ba sekuruza binyuze kuri Mose.+ Abacamanza 19:11 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 11 Igihe bari hafi y’i Yebusi, umunsi umaze gukura,+ uwo mugaragu abwira shebuja ati “reka dukate tujye muri uyu mugi w’Abayebusi+ abe ari ho turara.” 2 Samweli 5:6 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 6 Umwami n’ingabo ze bajya i Yerusalemu kurwana n’Abayebusi+ bari bahatuye. Abayebusi babwira Dawidi bati “ntuzinjira hano kuko impumyi n’ibirema ari byo bizakwirukana.”+ Baribwiraga bati “Dawidi ntazinjira hano.”
29 Sinzabirukana imbere yawe mu mwaka umwe, kugira ngo igihugu kitaba umwirare inyamaswa z’inkazi zikororoka zikagutera.+
55 “‘Nimutirukana imbere yanyu abaturage bose bo muri icyo gihugu,+ abo muzasiga bazabamerera nk’inshinge mu maso yanyu, babamerere nk’amahwa mu mbavu zanyu, kandi bazababuza amahwemo muri icyo gihugu muzaba mutuyemo.+
21 Ababenyamini ntibirukanye Abayebusi bari batuye i Yerusalemu,+ ahubwo Abayebusi bakomeje guturana na bo muri Yerusalemu kugeza n’uyu munsi.+
23 Nuko Yehova areka ayo mahanga ntiyahita ayirukana,+ kandi ntiyari yarayahanye mu maboko ya Yosuwa.
4 Imana yakoresheje ayo mahanga kugira ngo igerageze+ Abisirayeli, imenye niba bari kumvira amategeko Yehova yari yarategetse ba sekuruza binyuze kuri Mose.+
11 Igihe bari hafi y’i Yebusi, umunsi umaze gukura,+ uwo mugaragu abwira shebuja ati “reka dukate tujye muri uyu mugi w’Abayebusi+ abe ari ho turara.”
6 Umwami n’ingabo ze bajya i Yerusalemu kurwana n’Abayebusi+ bari bahatuye. Abayebusi babwira Dawidi bati “ntuzinjira hano kuko impumyi n’ibirema ari byo bizakwirukana.”+ Baribwiraga bati “Dawidi ntazinjira hano.”