Rusi 3:7 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 7 Hagati aho Bowazi yarariye aranywa, umutima we uranezerwa,+ hanyuma ajya kuryama iruhande rw’aharunze ingano. Nyuma yaho, Rusi aza yomboka yorosora ibirenge bya Bowazi, maze araryama. 1 Samweli 25:36 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 36 Nyuma yaho Abigayili agera kwa Nabali, asanga yakoresheje ibirori nk’iby’umwami.+ Umutima wa Nabali wari wanezerewe, kandi yari yasinze cyane.+ Abigayili ntiyagira icyo amubwira habe na gito, kugeza bukeye. Esiteri 1:10 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 10 Ku munsi wa karindwi, igihe umutima w’umwami wari wanejejwe na divayi,+ abwira abatware barindwi b’ibwami ari bo Mehumani, Bizita, Haribona,+ Bigita, Abagita, Zetari na Karikasi, bakoreraga+ Umwami Ahasuwerusi, Zab. 104:15 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 15 Na divayi inezeza imitima y’abantu,+Kugira ngo arabagiranishe mu maso habo amavuta,+ N’umugati ukomeza imitima y’abantu.+ Umubwiriza 2:3 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 3 Nagenzuye mu mutima wanjye ibyo kwishimishisha divayi+ kandi umutima wanjye nywuyoboza ubwenge+ kugira ngo menye icyo ubupfapfa ari cyo, ngo ndebe icyo ibyo abana b’abantu bakoreye munsi y’ijuru mu minsi yose yo kubaho kwabo byabamariye.+ Umubwiriza 10:19 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 19 Ibyokurya bituma abakozi baseka, kandi divayi ituma abantu bishimira ubuzima;+ ariko amafaranga ni yo asubiza ibibazo byose.+
7 Hagati aho Bowazi yarariye aranywa, umutima we uranezerwa,+ hanyuma ajya kuryama iruhande rw’aharunze ingano. Nyuma yaho, Rusi aza yomboka yorosora ibirenge bya Bowazi, maze araryama.
36 Nyuma yaho Abigayili agera kwa Nabali, asanga yakoresheje ibirori nk’iby’umwami.+ Umutima wa Nabali wari wanezerewe, kandi yari yasinze cyane.+ Abigayili ntiyagira icyo amubwira habe na gito, kugeza bukeye.
10 Ku munsi wa karindwi, igihe umutima w’umwami wari wanejejwe na divayi,+ abwira abatware barindwi b’ibwami ari bo Mehumani, Bizita, Haribona,+ Bigita, Abagita, Zetari na Karikasi, bakoreraga+ Umwami Ahasuwerusi,
15 Na divayi inezeza imitima y’abantu,+Kugira ngo arabagiranishe mu maso habo amavuta,+ N’umugati ukomeza imitima y’abantu.+
3 Nagenzuye mu mutima wanjye ibyo kwishimishisha divayi+ kandi umutima wanjye nywuyoboza ubwenge+ kugira ngo menye icyo ubupfapfa ari cyo, ngo ndebe icyo ibyo abana b’abantu bakoreye munsi y’ijuru mu minsi yose yo kubaho kwabo byabamariye.+
19 Ibyokurya bituma abakozi baseka, kandi divayi ituma abantu bishimira ubuzima;+ ariko amafaranga ni yo asubiza ibibazo byose.+