Imigani 14:16 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 16 Umunyabwenge aratinya akareka ibibi,+ ariko umuntu w’umupfu ararakara cyane kandi akiyiringira.+ Imigani 28:14 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 14 Hahirwa umuntu uhora atinya,+ ariko uwinangira umutima azahura n’akaga.+ Yesaya 30:1 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 30 Yehova aravuga ati “abana binangira+ bazabona ishyano, bahora biteguye gusohoza imigambi ariko itanturutseho,+ bakagirana n’abandi amasezerano basuka ituro ry’ibyokunywa, ariko batayobowe n’umwuka wanjye, kugira ngo bongere icyaha ku kindi.+ Daniyeli 5:20 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 20 Ariko igihe umutima we wishyiraga hejuru akinangira maze agakora iby’ubwibone,+ yakuwe ku ntebe ye y’ubwami, yamburwa icyubahiro cye.+ Zekariya 7:12 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 12 Imitima yabo+ bayigize urutare kugira ngo batumvira amategeko+ n’amagambo Yehova nyir’ingabo yabamenyesheje binyuze ku mwuka we+ no ku bahanuzi ba kera.+ Ibyo byatumye Yehova nyir’ingabo abarakarira cyane.”+ Abaroma 2:5 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 5 Ariko mu buryo buhuje no kwinangira kwawe+ n’umutima wawe utihana,+ wikururira umujinya+ wo ku munsi w’uburakari+ n’uwo guhishurwa+ k’urubanza rukiranuka rw’Imana.+ 1 Abakorinto 10:22 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 22 Cyangwa se turashaka “gutera Yehova ishyari”?+ Mbese hari ubwo tumurusha imbaraga?+
30 Yehova aravuga ati “abana binangira+ bazabona ishyano, bahora biteguye gusohoza imigambi ariko itanturutseho,+ bakagirana n’abandi amasezerano basuka ituro ry’ibyokunywa, ariko batayobowe n’umwuka wanjye, kugira ngo bongere icyaha ku kindi.+
20 Ariko igihe umutima we wishyiraga hejuru akinangira maze agakora iby’ubwibone,+ yakuwe ku ntebe ye y’ubwami, yamburwa icyubahiro cye.+
12 Imitima yabo+ bayigize urutare kugira ngo batumvira amategeko+ n’amagambo Yehova nyir’ingabo yabamenyesheje binyuze ku mwuka we+ no ku bahanuzi ba kera.+ Ibyo byatumye Yehova nyir’ingabo abarakarira cyane.”+
5 Ariko mu buryo buhuje no kwinangira kwawe+ n’umutima wawe utihana,+ wikururira umujinya+ wo ku munsi w’uburakari+ n’uwo guhishurwa+ k’urubanza rukiranuka rw’Imana.+