18 Umwe mu bagaragu be aramubwira ati “nabonye umuhungu wa Yesayi w’i Betelehemu ari umucuranzi w’umuhanga.+ Ni umusore w’intwari, w’umunyambaraga+ kandi w’umuhanga mu kurwana.+ Ni intyoza mu magambo,+ ni umusore uteye neza+ kandi Yehova ari kumwe na we.”+
23 Inama Ahitofeli yatangaga muri icyo gihe, yafatwaga nk’aho ari ijambo riturutse ku Mana y’ukuri. Uko ni ko byari bimeze ku nama+ Ahitofeli+ yagiraga Dawidi, n’iyo yagiriye Abusalomu.
14 Nyina yari umupfakazi wakomokaga mu muryango wa Nafutali, naho se yari Umunyatiro+ wari umucuzi w’imiringa.+ Hiramu yari afite ubwenge n’ubuhanga+ n’ubumenyi bwose ku birebana n’imirimo yose yo gucura imiringa. Nuko yitaba Umwami Salomo, amukorera imirimo yamutegetse yose.