Kuva 3:12 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 12 Imana iramubwira iti “kubera ko nzabana nawe,+ iki ni cyo kizakubera ikimenyetso cy’uko ari jye wagutumye:+ numara gukura ubwoko bwanjye muri Egiputa, muzaza mukorere Imana y’ukuri kuri uyu musozi.”+ Gutegeka kwa Kabiri 31:6 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 6 Mugire ubutwari kandi mukomere.+ Ntibagutere ubwoba cyangwa ngo bagukure umutima,+ kuko Yehova Imana yawe agendana nawe. Ntazagusiga cyangwa ngo agutererane burundu.”+ Yosuwa 1:5 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 5 Nta muntu uzaguhagarara imbere mu minsi yose yo kubaho kwawe.+ Nzabana nawe+ nk’uko nabanye na Mose. Sinzagusiga cyangwa ngo ngutererane burundu.+ Yeremiya 15:20 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 20 “Nakugize nk’urukuta rukomeye rw’umuringa imbere y’aba bantu.+ Bazakurwanya ariko ntibazakubasha,+ kuko ndi kumwe nawe kugira ngo ngutabare kandi ngukize,”+ ni ko Yehova avuga. Ibyakozwe 18:10 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 10 dore ndi kumwe nawe+ kandi nta muntu uzagutera ngo akugirire nabi, kuko mfite abantu benshi muri uyu mugi.” Ibyakozwe 26:17 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 17 Nzagukiza ubu bwoko n’amahanga ngiye kugutumaho,+ 2 Abakorinto 1:10 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 10 Yadukijije ikintu gikomeye cyane, ni ukuvuga urupfu, kandi izongera idukize;+ ni na yo twiringiye ko izakomeza kudukiza.+ Abaheburayo 13:6 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 6 Bityo dushobora kugira ubutwari+ bwinshi tukavuga tuti “Yehova ni we umfasha, sinzatinya. Umuntu yantwara iki?”+
12 Imana iramubwira iti “kubera ko nzabana nawe,+ iki ni cyo kizakubera ikimenyetso cy’uko ari jye wagutumye:+ numara gukura ubwoko bwanjye muri Egiputa, muzaza mukorere Imana y’ukuri kuri uyu musozi.”+
6 Mugire ubutwari kandi mukomere.+ Ntibagutere ubwoba cyangwa ngo bagukure umutima,+ kuko Yehova Imana yawe agendana nawe. Ntazagusiga cyangwa ngo agutererane burundu.”+
5 Nta muntu uzaguhagarara imbere mu minsi yose yo kubaho kwawe.+ Nzabana nawe+ nk’uko nabanye na Mose. Sinzagusiga cyangwa ngo ngutererane burundu.+
20 “Nakugize nk’urukuta rukomeye rw’umuringa imbere y’aba bantu.+ Bazakurwanya ariko ntibazakubasha,+ kuko ndi kumwe nawe kugira ngo ngutabare kandi ngukize,”+ ni ko Yehova avuga.
10 dore ndi kumwe nawe+ kandi nta muntu uzagutera ngo akugirire nabi, kuko mfite abantu benshi muri uyu mugi.”
10 Yadukijije ikintu gikomeye cyane, ni ukuvuga urupfu, kandi izongera idukize;+ ni na yo twiringiye ko izakomeza kudukiza.+
6 Bityo dushobora kugira ubutwari+ bwinshi tukavuga tuti “Yehova ni we umfasha, sinzatinya. Umuntu yantwara iki?”+