23 Ariko niba hari ikibazo cyose mufite kuri Tito, nababwira ko ari umukozi mugenzi wanjye,+ ufatanya nanjye guharanira inyungu zanyu; cyangwa niba hari ikibazo mufite kuri abo bavandimwe bacu, nababwira ko ari intumwa z’amatorero bakaba n’ikuzo rya Kristo.