10 Ambwiye atyo, nikubita hasi imbere y’ibirenge bye ngira ngo muramye.+ Ariko arambwira ati “sigaho! Ntukore ibintu nk’ibyo!+ Ndi imbata mugenzi wawe gusa, n’iy’abavandimwe bawe bafite umurimo wo guhamya ibya Yesu.+ Ujye uramya Imana,+ kuko ubuhanuzi bwahumekewe guhamya Yesu.”+