7 Kuko umurima w’imizabibu wa Yehova nyiri ingabo ari umuryango wa Isirayeli;+
Abantu b’i Buyuda ni ibyatewe muri uwo murima yakundaga cyane.
Yakomeje kwitega ko bagaragaza ubutabera,+
Ariko bakarenganya abandi;
Yabitezeho gukiranuka,
Ariko abona agahinda gaterwa n’abica amategeko.”+