Zaburi
Ku muyobozi w’abaririmbyi. Iyi ndirimbo iri mu njyana yitwa “Gititi.”* Ni zaburi ya Asafu.+
81 Murangururire Imana ijwi ry’ibyishimo, yo mbaraga zacu.+
Murangururire Imana ya Yakobo ijwi ryo gutsinda.
2 Mutere indirimbo kandi mufate ishako.*
Mufate inanga ivuga neza n’ibindi bikoresho by’umuziki.*
3 Muvuze ihembe mu ntangiriro z’ukwezi,*+
Murivuze ku munsi mukuru wacu, igihe ukwezi kuba kugaragara kose.*+
4 Kuko iryo ari itegeko ryategetswe Abisirayeli.
Ni itegeko ry’Imana ya Yakobo.+
Twumvise ijwi ariko ntitwamenye uwavugaga.
7 Igihe wari ufite ibibazo warantabaje ndagutabara.+
Nagushubije ndi mu gicu cyijimye.+
Nakugeragereje ku mazi y’i Meriba.*+ (Sela)
8 Nimwumve bantu banjye.
Mureke mbagire inama. Bisirayeli mwe, iyaba gusa mwantegaga amatwi.+
Asama cyane maze nkugaburire uhage.+
11 Ariko abantu banjye banze kumva ibyo mbabwira.
Isirayeli yanze kunyumvira.+
13 Iyaba gusa abantu banjye baranyumviye!+
Iyaba Isirayeli yarakurikije amategeko yanjye!+
14 Mba narahise ntsinda abanzi babo.
Mba narakoresheje imbaraga zanjye nkibasira ababarwanya.+
15 Abanga Yehova bazaza aho ari bafite ubwoba,
Bazagerwaho n’ibyago iteka ryose.