Kubara
30 Nuko Mose abwira abatware+ b’imiryango y’Abisirayeli ati: “Uku ni ko Yehova ategetse. 2 Umuntu nagira ikintu asezeranya+ Yehova* cyangwa akarahira+ ko atazakora ikintu runaka, agomba kubahiriza ibyo yiyemeje.+ Azakore ibihuje n’ibyo yiyemeje gukora byose.+
3 “Umukobwa w’inkumi ukiba iwabo nagira ikintu asezeranya Yehova cyangwa akiyemeza kwigomwa ikintu runaka, 4 papa we namwumva maze akicecekera ntagire icyo amubwira, ibyo yasezeranyije byose n’ibyo yiyemeje kwigomwa byose, azabikore. 5 Ariko papa we namenya ibyo yasezeranyije n’ibyo yiyemeje kwigomwa byose, akabimubuza, ntibizaba bikiri ngombwa ko akora ibyo yiyemeje. Yehova azamubabarira, kuko papa we azaba yabimubujije.+
6 “Icyakora nashaka umugabo atarakora ibyo yasezeranyije cyangwa atarakora ibyo yiyemeje ahubutse, 7 umugabo we nabimenya akicecekera ntagire icyo amubwira ku munsi yabimenyeyeho, ibyo yasezeranyije byose n’ibyo yiyemeje kwigomwa byose azabisohoze. 8 Ariko umugabo we nabimenya maze akabimubuza, ntibizaba bikiri ngombwa ko asohoza ibyo yasezeranyije cyangwa ibyo yiyemeje ahubutse,+ kandi Yehova azamubabarira.
9 “Ariko umupfakazi cyangwa umugore watanye n’umugabo nagira ikintu icyo ari cyo cyose asezeranya, ibyo yiyemeje azabikore.
10 “Icyakora umugore nagira isezerano atanga cyangwa akiyemeza kwigomwa ikintu runaka ari mu rugo rw’umugabo we, 11 umugabo we nabyumva ntamubuze, ibyo yasezeranyije cyangwa ibyo yiyemeje kwigomwa byose azabikore. 12 Ariko umugabo namenya isezerano umugore we yatanze cyangwa akamenya ko yiyemeje kwigomwa ikintu runaka kandi akabirahirira, maze akabimubuza, ntibizaba bikiri ngombwa ko uwo mugore akora ibyo yiyemeje.+ Yehova azababarira uwo mugore, kuko umugabo we azaba yabimubujije. 13 Ibyo yasezeranyije byose cyangwa ibyo yiyemeje kwigomwa byose, akongeraho n’indahiro, umugabo we ni we ushobora kubyemeza cyangwa kubihagarika. 14 Ariko nihashira igihe umugabo yaricecekeye ntagire icyo abwira umugore we, ubwo azaba yemeye ibyo umugore we yasezeranyije byose cyangwa ibyo yiyemeje kwigomwa byose. Uwo mugabo azaba abyemeye, kuko igihe yabimenyaga yicecekeye ntagire icyo amubwira. 15 Icyakora nabyumva maze hashira igihe runaka akabimubuza, uwo mugabo ni we uzabazwa icyaha cy’umugore we.+
16 “Ayo ni yo mabwiriza Yehova yahaye Mose ku byerekeye umugabo n’umugore we, n’ayerekeye umugabo n’umukobwa we w’inkumi ukiri iwabo.”