Yeremiya
48 Ibi ni byo Yehova nyiri ingabo Imana ya Isirayeli avuga kuri Mowabu+ ati:
“Nebo+ igushije ishyano kuko yarimbuwe.
Kiriyatayimu+ yakojejwe isoni, irafatwa.
Ahantu ho guhungira hari umutekano,* hakojejwe isoni kandi harasenywa.+
2 Ntibagishimagiza Mowabu.
I Heshiboni+ bahacuriye umugambi wo kuyirimbura bavuga bati:
‘Nimuze tuyirimbure ntikomeze kuba igihugu.’
Madimeni we, nawe ceceka
Kuko inkota igukurikiye.
4 Mowabu yararimbuwe.
Abana bayo barataka cyane.
5 Bakomeza kugenda barira bazamuka mu nzira igana i Luhiti
Kandi mu nzira imanuka iva i Horonayimu bagenda bumva amajwi y’abarira bitewe n’ibyago byabagezeho.+
7 Nawe uzafatwa
Bitewe n’uko wiringiye imirimo yawe n’ubutunzi bwawe.
Kemoshi+ izajyanwa mu kindi gihugu ku ngufu,
Yo n’abatambyi bayo n’abatware bayo.
Ikibaya kizarimburwa
Kandi igihugu kiringaniye* kizashiraho, nk’uko Yehova yabivuze.
9 Mushyirireho Mowabu ikimenyetso,
Kuko igihe izaba irimbuka abayituye bazahunga
Kandi imijyi yayo izahinduka ikintu giteye ubwoba,
Nta muntu uyituyemo.+
10 Havumwe* umuntu usohoza ubutumwa bwa Yehova atabyitayeho.
Kandi havumwe umuntu wanga ko inkota ye imena amaraso.
11 Abamowabu bakomeje kugira amahoro kuva bakiri bato,
Bameze nka divayi iteretse hamwe,
Ntibigeze bavanwa mu kibindi kimwe ngo basukwe mu kindi
Kandi ntibigeze bajyanwa mu kindi gihugu ku ngufu.
Ni yo mpamvu batigeze bagira uburyohe
Cyangwa ngo bagire impumuro nziza.
12 “Kubera iyo mpamvu, Yehova aravuga ati: ‘mu minsi izaza, nzohereza abantu babasuke. Bazabasuka babamare mu bibindi barimo kandi ibibindi byabo binini bazabimenagura. 13 Abamowabu bazakorwa n’isoni bitewe na Kemoshi, nk’uko abo mu muryango wa Isirayeli bakozwe n’isoni bitewe na Beteli biringiraga.+
14 Mutinyuka mute kuvuga muti: “turi abarwanyi bakomeye biteguye kurwana”?’+
15 Umwami witwa Yehova nyiri ingabo aravuga ati:+
17 Ababakikije bose bazifatanya na bo mu kababaro,
Ni ukuvuga abazi izina ryabo bose.
Mubabwire muti: ‘mbega ngo inkoni ikomeye kandi nziza iravunika!’
18 Yewe mukobwa w’i Diboni we,+ manuka ureke ikuzo ryawe
Wicare ufite inyota,*
Kuko urimbura Mowabu yaguteye
Kandi azarimbura ahantu hawe hakomeye.+
19 Wowe utuye muri Aroweri,+ hagarara ku muhanda witegereze.
Baza umugabo n’umugore bahunze uti: ‘byagenze bite?’
20 Mowabu yakojejwe isoni. Yishwe n’ubwoba.
Nimurire cyane kandi mutake.
Nimutangaze muri Arunoni+ ko Mowabu yarimbuwe.
21 “Urubanza rwageze mu gihugu kiringaniye,*+ rugera i Holoni,+ i Yahasi n’i Mefati;+ 22 rwageze i Diboni,+ i Nebo+ n’i Beti-dibulatayimu, 23 i Kiriyatayimu,+ i Beti-gamuli n’i Beti-mewoni,+ 24 i Keriyoti,+ i Bosira no mu mijyi yose yo mu gihugu cya Mowabu, yaba iya kure cyangwa iya hafi.
26 Nimuyisindishe+ kuko yishyize hejuru ikirata kuri Yehova.+
Mowabu yigaragura mu birutsi byayo,
Maze bakayiseka.
27 Ese ntiwasekaga Isirayeli?+
Ese yari mu bajura,
Ku buryo wamuzunguriza umutwe kandi ukamuvuga nabi?
28 Mwa baturage b’i Mowabu mwe, muve mu mijyi mujye gutura mu rutare,
Mumere nk’inuma yubaka icyari cyayo ku mukoki.’”
29 “Twumvise ubwibone bwa Mowabu, ukuntu yishyira hejuru cyane,
Twumva ubwirasi bwe, ubwibone bwe, kwiyemera kwe n’ukuntu yishyira hejuru mu mutima we.”+
30 “Yehova aravuga ati: ‘nzi umujinya we,
Ariko amagambo avuga yo kwirarira nta cyo azamugezaho.
Mu byo avuga byose nta na kimwe azakora.
Amashami yawe ameze neza yambutse inyanja.
Yageze ku nyanja y’i Yazeri.
Umurimbuzi yangije imbuto zawe zera mu gihe cy’izuba
N’imizabibu wasaruye.+
Natumye divayi idakomeza gutembera aho bayengera.
Nta muntu uzongera kunyukanyuka imizabibu asakuza bitewe n’ibyishimo.
N’uzasakuza ntazaba abitewe n’ibyishimo.’”+
34 “‘Batakira i Heshiboni,+ ijwi ryo gutaka kwabo rikagera muri Eleyale.+
Ijwi ryabo ryumvikanira i Yahasi.+
Batakira i Sowari ijwi ryabo rikumvikanira i Horonayimu+ no muri Egulati-shelishiya.
Amazi y’i Nimurimu na yo azakama.+
35 Yehova aravuga ati: “nzatuma muri Mowabu hatongera kubamo umuntu
Uzana ituro ahantu hirengeye
N’umuntu utambira ibitambo imana ye.
36 Ni yo mpamvu umutima wanjye uzaririra Mowabu nk’umwironge*+
Kandi umutima wanjye ukaririra ab’i Kiri-heresi nk’umwironge.*
Kuko ubutunzi yagezeho buzarimbuka.
38 “Yehova aravuga ati: ‘ku bisenge by’amazu y’i Mowabu byose
N’ahantu hahurira abantu benshi hose,
Humvikana amajwi y’abantu barira,
Kuko namenaguye Mowabu
Nk’uko umuntu amena ikibindi atagikeneye.’
39 ‘Mbega ukuntu Mowabu ifite ubwoba bwinshi! Nimurire cyane.
Yasubiye inyuma kubera gukorwa n’isoni.
Mowabu yarasetswe,
Abayikikije bose iyo bayibonye bagira ubwoba.’”
40 “Yehova aravuga ati:
41 Imijyi yayo izafatwa
N’ahantu hayo hakomeye hafatwe.
Uwo munsi umutima w’abarwanyi b’i Mowabu
Uzamera nk’uw’umugore ugiye kubyara.’”
43 Yewe muturage w’i Mowabu we,
Ubwoba, urwobo n’umutego bikugezeho,’ ni ko Yehova avuga.
44 Yehova aravuga ati: ‘umuntu uzahunga bitewe n’ubwoba, azagwa mu rwobo
Kandi uzazamuka ava mu rwobo azafatirwa mu mutego.’
‘Kuko nzatuma umwaka wo guhana Mowabu uyigeraho.’
45 ‘Abantu bahunga bahagaze mu gicucu cya Heshiboni bacitse intege.
Kuko umuriro uzaturuka i Heshiboni,
Ikirimi cy’umuriro kigaturuka muri Sihoni.+
Umuriro uzatwika impanga ya Mowabu
Kandi utwike agahanga k’abarwanyi b’abagome.’+
46 ‘Ugize ibyago Mowabu we!
Abantu b’i Kemoshi+ barashize.
Abahungu bawe bajyanywe ari imfungwa
Kandi abakobwa bawe na bo bajyanywe mu kindi gihugu ku ngufu.+
47 Ariko mu minsi ya nyuma nzahuriza hamwe abajyanywe ari imfungwa b’i Mowabu,’ ni ko Yehova avuga.
‘Aha ni ho urubanza Mowabu yaciriwe rurangiriye.’”+