Ezekiyeli
6 Yehova yongera kumbwira ati: 2 “Yewe mwana w’umuntu we, erekeza amaso yawe ku misozi ya Isirayeli maze uhanure ibyago bizayigeraho. 3 Uvuge uti: ‘yemwe mwa misozi ya Isirayeli mwe, nimwumve ibyo Umwami w’Ikirenga Yehova avuga. Uku ni ko Umwami w’Ikirenga Yehova abwira imisozi, udusozi, imigezi n’ibibaya ati: “dore ngiye kubateza inkota kandi nzasenya ahantu hanyu hirengeye. 4 Ibicaniro byanyu bizasenywa, ibicaniro mutwikiraho imibavu* bimeneke+ kandi abantu banyu bishwe nzabajugunya imbere y’ibigirwamana byanyu biteye iseseme.*+ 5 Nzajugunya intumbi z’Abisirayeli imbere y’ibigirwamana byabo biteye iseseme kandi nzanyanyagiza amagufwa yanyu mu mpande zose z’ibicaniro byanyu.+ 6 Imijyi y’aho mutuye hose izahinduka amatongo+ kandi ahantu hirengeye hazasenywa hasigare nta wuhatuye.+ Ibicaniro byanyu bizasenywa bimenagurike, ibigirwamana byanyu biteye iseseme birimburwe, ibicaniro mutwikiraho imibavu bimeneke kandi ibyo mwakoze byose bikurweho. 7 Abantu bishwe bazagwa hagati muri mwe+ kandi muzamenya ko ndi Yehova.+
8 “‘“Ariko nzatuma hagira abasigara, kuko muri mwe hari abazarokoka inkota mu bihugu, igihe muzatatanira mu bihugu bitandukanye.+ 9 Abazaba barokotse bazanyibuka bari mu bihugu bazaba barajyanywemo ku ngufu.+ Bazamenya ko nababajwe n’ubuhemu* bwabo bwatumye banta+ n’amaso yabo ararikira cyane ibigirwamana byabo biteye iseseme.+ Bazakorwa n’isoni kandi baterwe iseseme n’ibikorwa byabo byose bibi bakoze n’ibintu bibi cyane bakoze.+ 10 Bazamenya ko ndi Yehova kandi ko igihe nababwiraga ko nzabateza ibyago, ntashakaga kubatera ubwoba gusa.”’+
11 “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘koma mu mashyi, ukubite ibirenge hasi, ubabazwe n’ibikorwa byose bibi hamwe n’ibintu bibi cyane bikorwa n’abo mu muryango wa Isirayeli, kuko bazicwa n’inkota, inzara n’icyorezo.+ 12 Uri kure azicwa n’icyorezo, naho uri hafi yicwe n’inkota kandi uzabirokoka ntibigire icyo bimutwara, azicwa n’inzara. Nzabasukaho uburakari bwanjye.+ 13 Muzamenya ko ndi Yehova,+ igihe abantu babo bishwe bazaba baryamye mu bigirwamana byabo biteye iseseme, bakikije ibicaniro byabo,+ bari ku dusozi twose, hejuru ku misozi hose, munsi y’igiti cyose gitoshye no munsi y’amashami y’ibiti binini, aho batambiraga ibigirwamana byabo byose biteye iseseme ibitambo bihumura neza kugira ngo babishimishe.+ 14 Nzarambura ukuboko kwanjye kugira ngo mbahane, igihugu ngihindure amatongo kandi aho batuye mpahindure ahantu hadashobora guturwa kurusha ubutayu bwo hafi y’i Dibula. Bazamenya ko ndi Yehova.’”