Kuva
35 Nyuma yaho Mose ahamagara Abisirayeli bose abateranyiriza hamwe, arababwira ati: “Ibi ni byo Yehova yategetse ko mukora:+ 2 Mujye mukora imirimo mu minsi itandatu, ariko umunsi wa karindwi uzababere uwera. Ni isabato ya Yehova, umunsi wihariye w’ikiruhuko.+ Umuntu wese uzakora umurimo kuri uwo munsi azicwe.+ 3 Ntimugacane umuriro mu mazu yanyu ku munsi w’Isabato.”
4 Mose yongera kubwira Abisirayeli bose ati: “Ibi ni byo Yehova yategetse: 5 ‘Muhe Yehova impano mukuye mu byo mutunze.+ Umuntu wese wifuza gutanga abikuye ku mutima+ azanire Yehova impano ya zahabu, ifeza, umuringa, 6 ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku, ubudodo bwiza n’ubwoya bw’ihene,+ 7 impu z’amapfizi y’intama ziteye ibara ry’umutuku n’impu z’inyamaswa zitwa tahashi, imbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya, 8 amavuta y’amatara n’amavuta ahumura yo kuvangwa n’amavuta yera akanavangwa n’umubavu uhumura neza,+ 9 amabuye ya onigisi n’amabuye yo gushyira kuri efodi+ no ku gitambaro cyo kwambara mu gituza.+
10 “‘Abahanga bose+ bo muri mwe baze bakore ibyo Yehova yategetse byose. 11 Bakore ihema n’ibyo kuritwikira, ibikwasi byaryo, amakadire* yaryo, imitambiko yaryo, inkingi zaryo n’ibisate by’umuringa biciyemo imyobo yo kuzishingamo. 12 Bakore isanduku,+ imijishi* yayo,+ umupfundikizo wayo+ na rido.+ 13 Bakore ameza,+ imijishi yayo, ibikoresho byayo byose n’imigati igenewe Imana.*+ 14 Bakore igitereko cy’amatara+ n’ibikoresho byacyo, amatara yacyo n’amavuta yo gushyira mu matara.+ 15 Bakore igicaniro cyo gutwikiraho umubavu+ n’imijishi yacyo, amavuta yera, umubavu uhumura neza+ na rido yo gukinga mu muryango w’ihema. 16 Bakore igicaniro cyo gutambiraho ibitambo bitwikwa n’umuriro,+ imiringa yacyo isobekeranye imeze nk’akayunguruzo, imijishi yacyo n’ibikoresho byacyo byose. Nanone bakore igikarabiro n’igitereko cyacyo.+ 17 Bakore imyenda y’urugo,+ inkingi zarwo n’ibisate by’umuringa biciyemo imyobo yo kuzishingamo na rido yo gukinga mu irembo ry’urugo. 18 Bakore imambo* z’ihema, imambo z’urugo n’imigozi yazo.+ 19 Bakore n’imyenda iboshye neza+ yo gukorana ahera, imyenda y’umutambyi Aroni+ n’imyenda abahungu be bambara bakora umurimo w’ubutambyi.’”
20 Nuko Abisirayeli bose bava imbere ya Mose. 21 Hanyuma abifuje gutanga,+ bagatanga babikuye ku mutima, bazana impano za Yehova zo kubaka ihema ryo guhuriramo n’Imana n’impano zo gukoresha bakora imirimo yo mu ihema n’izo gukoresha baboha imyenda yera. 22 Abifuza gutanga babikuye ku mutima bose, yaba abagabo cyangwa abagore, bakomeza kuza. Bazana udukwasi, amaherena, impeta n’ibintu by’umurimbo byose bikozwe muri zahabu. Buri wese azanira Yehova impano* za zahabu.+ 23 Abantu bose bari bafite ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku, ubudodo bwiza, ubwoya bw’ihene, impu z’amasekurume y’intama ziteye ibara ry’umutuku n’impu z’inyamaswa zitwa tahashi, barabizana. 24 Nanone abantu bose bashakaga gutanga umuringa n’ifeza babizanira Yehova, kandi abantu bose bari bafite imbaho z’igiti cyo mu bwoko bw’umunyinya zo gukoresha mu mirimo yose y’ihema, barazizana.
25 Abagore bose b’abahanga+ bakaraga ubudodo, bazana ubudodo bakaraze. Bazana ubudodo bw’ubururu, ubwoya buteye ibara ry’isine, ubudodo bw’umutuku n’ubundi budodo bwiza. 26 Kandi abagore bose b’abahanga bitanga babikuye ku mutima maze bakaraga ubwoya bw’ihene.
27 Abayobozi na bo bazana amabuye ya onigisi, amabuye yo gushyira kuri efodi no ku gitambaro cyo kwambara mu gituza,+ 28 amavuta ahumura, amavuta y’itara n’amavuta yo kuvangwa n’amavuta yera+ akanavangwa n’umubavu uhumura neza.+ 29 Abagabo n’abagore bose bifuza kugira icyo batanga babikuye ku mutima kugira ngo gikoreshwe mu mirimo yose Yehova yari yarategetse binyuze kuri Mose, barakizana. Abisirayeli bazanira Yehova impano batanze ku bushake.+
30 Hanyuma Mose abwira Abisirayeli ati: “Dore Yehova yatoranyije Besaleli umuhungu wa Uri. Uwo Uri ni umuhungu wa Huri wo mu muryango wa Yuda.+ 31 Yamuhaye umwuka we, amuha ubwenge, gusobanukirwa n’ubumenyi, kandi agira ubuhanga mu myuga y’ubwoko bwose. 32 Azakora ibishushanyo mbonera, acure ibintu muri zahabu, mu ifeza, no mu muringa, 33 aconge amabuye y’agaciro ayashyire mu myanya yayo, kandi abaze mu biti ibintu by’ubwoko bwose. 34 We na Oholiyabu+ umuhungu wa Ahisamaki wo mu muryango wa Dani, yabahaye ubushobozi bwo kwigisha abandi. 35 Yabahaye n’ubuhanga+ bwo gukora imyuga yose: Iyo gufuma,* iyo kuboha imyenda mu budodo bw’ubururu, mu bwoya buteye ibara ry’isine no mu budodo bw’umutuku, no gukora ibindi bintu bibohwa mu budodo. Nanone yabahaye ubuhanga bwo gukora imirimo y’ubwoko bwose n’ubwo gukora ibishushanyo mbonera by’ubwoko bwose.