Igitabo cya mbere cy’Abami
20 Nuko Beni-hadadi+ umwami wa Siriya+ ateranyiriza hamwe ingabo ze zose n’abandi bami 32 n’ingabo zabo zose n’amafarashi yabo n’amagare yabo y’intambara, arazamuka agota+ Samariya+ arayitera. 2 Atuma abantu mu mujyi kwa Ahabu,+ umwami wa Isirayeli, ngo bamubwire bati: “Beni-hadadi aravuze ati: 3 ‘ifeza yawe na zahabu yawe ni ibyanjye kandi abagore bawe n’abana bawe baruta abandi ubwiza, na bo ni abanjye.’” 4 Umwami wa Isirayeli arasubiza ati: “mwami databuja, nk’uko ubivuze njye n’ibyanjye byose turi abawe.”+
5 Nyuma yaho abo bantu bongera kugaruka baravuga bati: “Beni-hadadi aravuze ati: ‘nagutumyeho nti: “mpa ifeza yawe na zahabu yawe n’abagore bawe n’abana bawe. 6 None ejo nk’iki gihe nzohereza abagaragu banjye basake bitonze inzu yawe n’amazu y’abagaragu bawe kandi ikintu cyose cy’agaciro bazagifata bagitware.”’”
7 Nuko umwami wa Isirayeli atumaho abayobozi bo mu gihugu bose, arababwira ati: “Namwe murabona neza ko uyu muntu ashaka kuduteza ibibazo. Yansabye abagore banjye, abana banjye, ifeza na zahabu byanjye sinabimwima.” 8 Abayobozi bose n’Abisirayeli bose baramubwira bati: “Ntumwumvire kandi ntiwemere gukora ibyo akubwira.” 9 Hanyuma asubiza abantu Beni-hadadi yari yohereje ati: “Mugende mubwire umwami databuja muti: ‘ibyo wansabye mbere byose nzabikora. Ariko ibi byo sinabikora.’” Nuko abo bantu baragenda bajya kubimubwira.
10 Beni-hadadi amutumaho ati: “Nzarimbura Samariya ku buryo nta mukungugu uzasigara wakwira ingabo zanjye, ngo buri wese abone uwuzuye ikiganza. Ibyo nintabikora, imana zanjye zizampane bikomeye!” 11 Umwami wa Isirayeli arasubiza ati: “Mumubwire muti: ‘ufashe intwaro agiye ku rugamba ntiyagombye kwirata nk’ushyize intwaro hasi avuye ku rugamba.’”+ 12 Ibyo babibwiye Beni-hadadi igihe yari kumwe n’abandi bami banywa bari mu mahema, ahita abwira abasirikare be ati: “Mwitegure tujye kurwana!” Nuko bahita bitegura gutera uwo mujyi.
13 Ariko umuhanuzi asanga Ahabu+ umwami wa Isirayeli aramubwira ati: “Yehova aravuze ati: ‘urabona ukuntu izi ngabo ari nyinshi cyane? Uyu munsi ndatuma uzitsinda kugira ngo umenye ko ndi Yehova.’”+ 14 Ahabu aramubaza ati: “Ni nde uzazidukiza?” Aramusubiza ati: “Yehova aravuze ati: ‘muzazikizwa n’abungirije abayobozi b’intara.’” Arongera aramubaza ati: “Ni nde uzatangiza urugamba?” Uwo muhanuzi aramusubiza ati: “Ni wowe!”
15 Nuko Ahabu abara abari bungirije abayobozi b’intara asanga ari 232. Hanyuma abara ingabo zose z’Abisirayeli asanga ari 7.000. 16 Bateye ari saa sita, Beni-hadadi ari mu mahema yinywera yasinze, ari kumwe na ba bami 32 bamufashaga. 17 Ba bantu bungirije abayobozi b’intara basohotse bayoboye abandi ku rugamba, Beni-hadadi ahita yohereza abantu ngo bajye kureba ibyabaye, baragaruka baramubwira bati: “Hari abantu baturutse i Samariya.” 18 Arababwira ati: “Niba bazanywe n’amahoro nimubafate, niba kandi bazanywe no kurwana na bwo nimubafate.” 19 Ariko igihe basohokaga mu mujyi, ni ukuvuga abungirije abayobozi b’intara hamwe n’abasirikare bari babakurikiye, 20 buri wese yishe umusirikare mu banzi babo. Nuko Abasiriya barahunga,+ Abisirayeli barabakurikira ariko Beni-hadadi umwami wa Siriya arabacika, ahunga ari ku ifarashi ajyana na bamwe mu bagendera ku mafarashi. 21 Umwami wa Isirayeli arasohoka yica Abasiriya bagendera ku mafarashi n’abagendera ku magare y’intambara, ku buryo yishe Abasiriya benshi cyane.
22 Nyuma yaho umuhanuzi+ asanga umwami wa Isirayeli aramubwira ati: “Genda utegure ingabo zawe, utekereze icyo ukwiriye gukora+ kuko mu ntangiriro z’umwaka utaha umwami wa Siriya azagutera.”+
23 Nuko abagaragu b’umwami wa Siriya baramubwira bati: “Imana yabo ni Imana yo mu misozi, ni yo mpamvu badutsinze. Noneho reka tuzarwanire na bo mu kibaya, urebe ko tutazabatsinda. 24 Dore n’ikindi wakora: Abami bose+ ubakureho ubasimbuze ba guverineri. 25 Hanyuma ushake* ingabo zinganya umubare n’ingabo zawe zishwe, ifarashi uyisimbuze indi farashi n’igare ry’intambara urisimbuze irindi. Ureke tugende turwanire na bo mu kibaya kandi tuzabatsinda byanze bikunze.” Yemera inama bamugiriye, abigenza atyo.
26 Nuko mu ntangiriro z’umwaka, Beni-hadadi ahamagaza ingabo z’Abasiriya, arazamuka ajya muri Afeki+ kurwana n’Abisirayeli. 27 Abisirayeli na bo barahamagarwa, bahabwa impamba, barasohoka bajya kurwana na bo. Igihe Abisirayeli bari bashinze amahema yabo imbere y’Abasiriya, bari bameze nk’amatsinda mato abiri y’ihene, naho Abasiriya buzuye aho hantu hose.+ 28 Umuntu w’Imana y’ukuri araza abwira umwami wa Isirayeli ati: “Yehova aravuze ati: ‘kubera ko Abasiriya bavuze bati: “Yehova ni Imana yo mu misozi si Imana yo mu bibaya,” nzatuma mutsinda ziriya ngabo zose+ maze mumenye neza ko ndi Yehova.’”+
29 Bamaze iminsi irindwi bakambitse, bamwe ku ruhande rumwe abandi ku rundi, nuko ku munsi wa karindwi batangira kurwana. Abisirayeli bica abasirikare b’Abasiriya 100.000 ku munsi umwe. 30 Nuko abasigaye bahungira mu mujyi wa Afeki+ maze urukuta rugwira abantu 27.000 mu bari basigaye. Beni-hadadi na we arahunga ajya kwihisha mu cyumba cy’imbere cyane cy’inzu yari mu mujyi.
31 Abagaragu be baramubwira bati: “Twumvise ko abami b’Abisirayeli bagira imbabazi. None turakwinginze reka dukenyere ibigunira twizirike imigozi mu mutwe, dusange umwami wa Isirayeli. Ahari wenda yakureka ntakwice.”*+ 32 Bakenyera ibigunira bizirika n’imigozi mu mutwe, bajya kureba umwami wa Isirayeli baramubwira bati: “Umugaragu wawe Beni-hadadi aravuze ati: ‘ndakwinginze, ntunyice.’”* Umwami arabasubiza ati: “Ese aracyariho? Ni umuvandimwe wanjye.” 33 Nuko abo bagabo babifata nk’ikimenyetso cyiza, bahita bumva ko umwami abivuze abikuye ku mutima, baravuga bati: “Beni-hadadi ni umuvandimwe wawe.” Ahabu arababwira ati: “Nimugende mumuzane.” Beni-hadadi araza maze Ahabu amushyira mu igare rye.
34 Beni-hadadi aramubwira ati: “Imijyi papa yambuye papa wawe nzayigusubiza kandi uzihitiremo imihanda y’i Damasiko uzajya ucururizamo nk’uko papa yari ayifite i Samariya.”
Ahabu aramusubiza ati: “Ubwo tugiranye iri sezerano ngiye kukureka ugende.”
Uko ni ko Ahabu yagiranye isezerano na Beni-hadadi aramureka aragenda.
35 Nuko biturutse kuri Yehova, umwe mu bana b’abahanuzi*+ abwira mugenzi we ati: “Ndakwinginze nkubita.” Ariko yanga kumukubita. 36 Aramubwira ati: “Kubera ko wanze kumvira Yehova, nidutandukana intare irahita ikwica.” Hanyuma batandukanye ahura n’intare, iramwica.
37 Uwo muhanuzi asanga undi mugabo aramubwira ati: “Ndakwinginze nkubita.” Uwo mugabo aramukubita kandi aramukomeretsa.
38 Nuko uwo muhanuzi ajya gutegerereza umwami ku muhanda, yiziritse igitambaro mu maso kugira ngo yiyoberanye. 39 Umwami ahanyuze, uwo muhanuzi aramutakira ati: “Njye umugaragu wawe nagiye ahantu hari habereye urugamba rukomeye maze umusirikare wari uvuye ku rugamba anzanira umuntu arambwira ati: ‘rinda uyu muntu. Nagucika uzapfa mu mwanya* we+ cyangwa utange ibiro 34* by’ifeza.’ 40 Ariko igihe nari mpuze, sinamenye aho uwo mugabo anyuze, nuko ndamubura.” Umwami wa Isirayeli aramubwira ati: “Urubanza rwawe ni urwo. Wowe ubwawe urarwiciriye.” 41 Uwo muhanuzi akuramo vuba vuba igitambaro yari yitwikiriye mu maso, umwami wa Isirayeli ahita amenya ko ari umuhanuzi.+ 42 Aramubwira ati: “Yehova aravuze ati: ‘kubera ko warekuye umuntu nari navuze ko agomba kwicwa,+ uzicwa mu mwanya we,*+ n’abaturage bawe bicwe mu mwanya w’abaturage be.’”+ 43 Nuko umwami wa Isirayeli ajya i Samariya mu rugo rwe,+ ababaye cyane kandi yacitse intege.