Zekariya
10 “Nimusabe Yehova abagushirize imvura, mu gihe cy’imvura y’itumba.*
Yehova ni we waremye ibicu bitanga imvura.
Ni we ugushiriza abantu imvura,+
Kandi akameza ibimera mu mirima yabo.
2 Ibigirwamana* birabeshya kandi abaragura beretswe amagambo y’ibinyoma.*
Inzozi bavuga ko barose ntizigira umumaro.
Ihumure batanga ni iry’ubusa.
Ni yo mpamvu bazazerera ahantu hose nk’umukumbi w’intama.
Bazababara cyane,
Kubera ko batagira umwungeri.
Yehova nyiri ingabo yongeye kwita ku mukumbi we,+ ari wo muryango wa Yuda,
Kandi yabagize nk’ifarashi ye y’intwari ajyana ku rugamba.
4 Mu muryango wa Yuda hazaturuka umuyobozi,*
Haturuke umutegetsi umushyigikira,*
Haturuke umuheto bakoresha ku rugamba,
Haturuke n’abagenzuzi. Ibyo byose ni we bizaturukaho.
5 Bazamera nk’abarwanyi b’abanyambaraga,
Banyura mu nzira zirimo ibyondo bari ku rugamba.
Bazarwana intambara kuko Yehova ari kumwe na bo,+
Kandi abanzi babo bagendera ku mafarashi bazakorwa n’isoni.+
Nzabagirira impuhwe,+
Mbagarure mu gihugu cyabo.
Bizamera nk’aho ntigeze mbareka.+
Nzasubiza amasengesho yabo, kuko ndi Yehova Imana yabo.
Abana babo bazabireba banezerwe,
Kandi bazishima cyane bitewe n’ibyo njyewe Yehova nzaba nabakoreye.+
8 ‘Nzabahamagara mbateranyirize hamwe.
Nzabacungura+ babe benshi,
Kandi bazakomeza kuba benshi.
9 Nubwo nabatatanyirije mu bihugu byinshi nk’imbuto,
Bazanyibuka bari muri ibyo bihugu bya kure.
Bo n’abana babo bazongera kugira imbaraga maze bagaruke.
Kubera ko bazaba ari benshi cyane ku buryo batabona aho bakwirwa,+
Nzabajyana no mu gihugu cya Gileyadi+ n’icya Libani.
11 Nzanyura mu nyanja yivumbagatanye.
Abashuri b’abibone bazacishwa bugufi,
Kandi ubutegetsi bwa Egiputa buzavaho.+