Indirimbo ya Salomo
1 Iyi ni indirimbo nziza cyane ya Salomo.+
3 Parufe yawe ihumura neza cyane.+
Umeze nk’amavuta ahumura neza asutswe ku mutwe.+
Ni yo mpamvu abakobwa bagukunda.
4 Mfata twijyanire. Ngwino twiruke,
Kuko umwami yanzanye mu byumba byo mu nzu ye.
Ngwino twishimane kandi tunezerwe.
Ngwino tuvuge iby’urukundo ungaragariza rundutira divayi.
Baragukunda* kandi rwose urabikwiriye.
5 Yemwe bakobwa b’i Yerusalemu, ndirabura ariko ndi mwiza nk’amahema y’i Kedari,+
Kandi meze nk’amahema+ ya Salomo.
6 Ntimukomeze kunyitegereza ngo ni uko nirabura,
Ni izuba ryambabuye.
Abahungu ba mama barandakariye,
Banyohereza kurinda imizabibu.
Ariko uruzabibu rwanjye rwo, sinashoboye kururinda.
7 Mbwira, wowe nkunda cyane.
Mbwira aho uragira amatungo yawe,+
N’aho uyashyira ku manywa ngo aruhuke.
Kuki nagenda hagati y’imikumbi y’incuti zawe,
Meze nk’umugore wambaye imyenda y’icyunamo?”
8 “Mukobwa mwiza uruta abandi, niba utazi aho umukunzi wawe ari,
Kurikira aho amatungo yanyuze,
Maze uragire abana b’ihene zawe iruhande rw’amahema y’abashumba.”
9 “Mukobwa nkunda, mbona umeze nk’ifarashi yanjye mu magare ya Farawo.+
10 Amatama yawe ni meza kandi ariho imitako myiza cyane.*
Ijosi ryawe ririho urunigi rw’amasaro.
11 Tuzagucurira imirimbo ya zahabu,
Kandi tuyitakeho ifeza.”
15 “Sheri, uri mwiza!
Uri mwiza pe! Amaso yawe ameze nk’ay’inuma.”+
16 “Mukunzi wanjye, uri mwiza kandi urashimishije cyane.*+
Ibibabi by’ibiti ni byo buriri bwacu.
17 Ibiti byubatse inzu yacu ni amasederi,
Kandi igisenge cyayo cyubakishije ibiti by’imiberoshi.