Kubara
9 Mu kwezi kwa mbere+ k’umwaka wa kabiri Abisirayeli bavuye mu gihugu cya Egiputa, Yehova yabwiriye Mose mu butayu bwa Sinayi ati: 2 “Igihe cyagenwe nikigera,+ Abisirayeli bazategure igitambo cya Pasika.+ 3 Muzagitegure igihe cyagenwe kigeze ku mugoroba w’itariki ya 14 y’uku kwezi. Muzagitegure mukurikije amategeko n’amabwiriza yose arebana na cyo.”+
4 Mose abwira Abisirayeli ngo bategure igitambo cya Pasika. 5 Nuko ku mugoroba w’itariki ya 14 y’ukwezi kwa mbere, bategurira igitambo cya Pasika mu butayu bwa Sinayi. Abisirayeli bakora ibyo Yehova yari yategetse Mose byose.
6 Ariko hari abantu bari banduye* bitewe n’uko bari bakoze ku muntu wapfuye,+ ku buryo batashoboye gutegura igitambo cya Pasika kuri uwo munsi. Nuko uwo munsi bajya kureba Mose na Aroni.+ 7 Babaza Mose bati: “Nubwo twanduye bitewe n’uko twakoze ku muntu wapfuye, ni iki cyatubuza kuzanira Yehova ituro mu gihe cyagenwe hamwe n’abandi Bisirayeli?”+ 8 Arabasubiza ati: “Mube muri hano, mbanze numve icyo Yehova ari buvuge ku kibazo cyanyu.”+
9 Yehova abwira Mose ati: 10 “Bwira Abisirayeli uti: ‘nubwo umwe muri mwe cyangwa umwe mu babakomokaho yaba yanduye bitewe n’uko yakoze ku muntu wapfuye+ cyangwa yagiye mu rugendo rwa kure, na we aba agomba gutegurira Yehova igitambo cya Pasika. 11 Bajye bagitegura ku mugoroba w’itariki ya 14 y’ukwezi kwa kabiri,+ bakirishe imigati itarimo umusemburo n’imboga zisharira.+ 12 Ibisigaye kuri icyo gitambo ntibikarare ngo bigeze mu gitondo,+ kandi ntihakagire igufwa ryacyo bavuna.+ Bajye bagitegura bakurikije amabwiriza yose arebana na Pasika. 13 Icyakora niba umuntu atanduye kandi akaba ataragiye mu rugendo, ariko akirengagiza gutegura igitambo cya Pasika, uwo muntu azicwe+ kuko atazaniye Yehova ituro mu gihe cyagenwe. Uwo muntu azahanirwe icyaha cye.
14 “‘Niba hari umunyamahanga utuye muri mwe, na we azategurire Yehova igitambo cya Pasika.+ Ajye agitegura akurikije amategeko n’amabwiriza yose arebana na Pasika.+ Mwese muzayoborwe n’itegeko rimwe, yaba umunyamahanga cyangwa Umwisirayeli.’”+
15 Nuko bamaze gushinga ihema,+ igicu kijya hejuru y’iryo hema ririmo isanduku irimo Amategeko Icumi.* Ariko bigeze ku mugoroba, hejuru y’iryo hema hakomeza kugaragara umuriro kugeza mu gitondo.+ 16 Uku ni ko byagendaga buri gihe: Ku manywa hejuru y’ihema habaga hari igicu, nijoro hakaba umuriro.+ 17 Iyo icyo gicu cyavaga hejuru y’ihema, Abisirayeli bahitaga bahaguruka bakagenda,+ kandi aho icyo gicu cyahagararaga ni ho Abisirayeli bashingaga amahema yabo.+ 18 Bahagurukaga ari uko Yehova abibategetse, kandi bagahagarara ari uko Yehova abibategetse.+ Igihe cyose igicu cyabaga kiri hejuru y’ihema, Abisirayeli bagumaga aho bari. 19 Iyo icyo gicu cyamaraga iminsi myinshi hejuru y’ihema, Abisirayeli bumviraga Yehova ntibagende.+ 20 Hari igihe icyo gicu cyamaraga iminsi mike hejuru y’ihema. Iyo Yehova yategekaga ko Abisirayeli baguma aho bari, barahagumaga. Nanone Yehova yategeka ko bagenda, bagahaguruka bakagenda. 21 Hari n’igihe icyo gicu cyahagumaga kuva ku mugoroba kugeza mu gitondo. Hanyuma mu gitondo cyahava, na bo bagahaguruka bakagenda. Iyo icyo gicu cyavaga hejuru y’ihema, haba ku manywa cyangwa nijoro, na bo barahagurukaga bakagenda.+ 22 Iyo cyamaraga hejuru y’ihema iminsi ibiri cyangwa ukwezi cyangwa igihe kirekire kurushaho, Abisirayeli na bo bakomezaga kuguma aho ntibagende. Ariko iyo cyahavaga, na bo barahagurukaga bakagenda. 23 Igihe cyose Yehova yategekaga ko Abisirayeli baguma aho bari, barahagumaga kandi Yehova yategeka ko bagenda, bagahaguruka bakagenda. Ibyo Yehova yategekaga Abisirayeli byose binyuze kuri Mose, bumviraga Yehova bakabikora.