Intangiriro
42 Yakobo aza kumenya ko muri Egiputa hariyo ibiribwa.+ Nuko abwira abahungu be ati: “Kuki mukomeza kurebana nta cyo mukora?” 2 Yongeraho ati: “Numvise ko muri Egiputa hariyo ibiribwa. Nimujyeyo muduhahire kugira ngo dukomeze kubaho, tuticwa n’inzara.”+ 3 Nuko abavandimwe 10 ba Yozefu+ bajya muri Egiputa guhaha ibiribwa. 4 Ariko Yakobo ntiyohereza Benyamini+ murumuna wa Yozefu ngo ajyane na bakuru be kuko yibwiraga ati: “Atazagira impanuka ikamuhitana.”+
5 Nuko abahungu ba Isirayeli bajyana n’abandi bari bagiye guhaha, kuko mu gihugu cy’i Kanani hari inzara.+ 6 Yozefu ni we wategekaga igihugu cya Egiputa+ kandi ni we wagurishaga ibiribwa abantu bo mu bihugu byose.+ Nuko abavandimwe be baraza bamupfukama imbere, buri wese akoza umutwe hasi.+ 7 Yozefu abonye abavandimwe be ahita abamenya, ariko we ariyoberanya ntibamumenya.+ Nuko ababaza abakankamira ati: “Muraturuka he?” Baramusubiza bati: “Turaturuka mu gihugu cy’i Kanani, tuje guhaha.”+
8 Yozefu amenya abavandimwe be ariko bo ntibamumenya. 9 Yozefu ahita yibuka za nzozi yari yararose ziberekeyeho.+ Nuko arababwira ati: “Muri abatasi!* Mwazanywe no gutata ngo murebe aho igihugu kitarinzwe neza.” 10 Baramubwira bati: “Oya nyakubahwa, ahubwo twazanywe no guhaha. 11 Twese dufite papa umwe. Turi inyangamugayo. Rwose ntituri abatasi.” 12 Ariko arababwira ati: “Murabeshya! Ahubwo mwazanywe no gutata ngo murebe aho igihugu kitarinzwe neza.” 13 Baramusubiza bati: “Nyakubahwa, twavutse turi abahungu 12.+ Dufite papa umwe+ uba mu gihugu cy’i Kanani, umuhererezi* yasigaranye na papa,+ naho undi ntakiriho.”+
14 Ariko Yozefu arababwira ati: “Ahaa! Si byo nababwiraga nti: ‘muri abatasi!’ 15 Ngiye kugenzura menye niba muvugisha ukuri koko. Ndahiriye imbere ya Farawo ko mutazava hano murumuna wanyu ataje.+ 16 Nimwohereze umwe muri mwe ajye kuzana murumuna wanyu, abandi murasigara mufunzwe. Ibyo ni byo bizagaragaza ko muvugisha ukuri. Kandi nibitaba ibyo, ndahiriye imbere ya Farawo ko muzaba muri abatasi.” 17 Nuko bose abashyira muri gereza bahamara iminsi itatu.
18 Hanyuma ku munsi wa gatatu Yozefu arababwira ati: “Ntinya Imana. None rero, dore icyo mwakora kugira ngo mukomeze kubaho: 19 Niba koko muri inyangamugayo, umwe mu bavandimwe banyu nasigare muri iyi gereza mufungiyemo, maze abandi mugende mujyane ibiribwa kugira ngo abo mu ngo zanyu baticwa n’inzara.+ 20 Hanyuma muzanzanire murumuna wanyu kugira ngo menye niba muvugisha ukuri. Nimubikora ntimuzapfa.” Nuko babigenza batyo.
21 Batangira kubwirana bati: “Nta gushidikanya, izi ni ingaruka z’ibyo twakoreye umuvandimwe wacu.+ Twabonye ukuntu yari ababaye cyane igihe yadutakiraga ngo tumugirire impuhwe ariko ntitwamwumva. Ni cyo gitumye ibi byago bitugeraho.” 22 Rubeni arababwira ati: “Sinababwiye nti: ‘ntimugirire nabi uwo mwana,’ mukanga kunyumva?+ None dore turimo turazira amaraso ye.”+ 23 Ariko ntibari bazi ko Yozefu yabumvaga kuko yifashishaga umusemuzi kugira ngo avugane na bo. 24 Nuko ava aho bari, atangira kurira.+ Hanyuma aragaruka avugana na bo maze afata Simeyoni+ amubohera imbere yabo.+ 25 Ibyo birangiye Yozefu ategeka ko babashyirira ibiribwa mu mifuka yabo bakayuzuza. Nanone ategeka ko basubiza amafaranga ya buri wese mu mufuka we, bakabaha n’ibyo bari kurira mu nzira. Nuko babigenza batyo.
26 Bashyira iyo mifuka ku ndogobe zabo maze baragenda. 27 Bageze aho bagombaga kurara, umwe muri bo afungura umufuka agira ngo ahe indogobe ye ibyokurya maze asangamo amafaranga ye. 28 Ayabonye abwira abavandimwe be ati: “Banshubije amafaranga yanjye, dore ngaya mu mufuka wanjye!” Nuko bagira ubwoba bwinshi maze baratitira baravuga bati: “Ibi bintu Imana yadukoreye ni ibiki?”
29 Amaherezo bagera mu gihugu cy’i Kanani kwa papa wabo ari we Yakobo, bamubwira ibyababayeho byose bati: 30 “Umugabo utegeka icyo gihugu yavuganye natwe adukankamira,+ adushinja ko twaje kuneka* icyo gihugu. 31 Ariko twaramubwiye tuti: ‘turi inyangamugayo. Ntituri abatasi.+ 32 Turi abahungu 12+ kandi dufite papa umwe. Umuhungu umwe ntakiriho,+ naho umuhererezi yasigaranye na papa mu gihugu cy’i Kanani.’+ 33 Ariko uwo mugabo utegeka icyo gihugu aratubwira ati: ‘iki ni cyo kizamenyesha ko muri inyangamugayo: Umuvandimwe wanyu umwe muramunsigira.+ Hanyuma mwe mujyane ibiribwa kugira ngo abo mu ngo zanyu baticwa n’inzara.+ 34 Kandi muzanzanire murumuna wanyu kugira ngo menye ko mutari abatasi, ahubwo ko muri inyangamugayo. Hanyuma nzabasubiza umuvandimwe wanyu kandi muzakomeza guhahira muri iki gihugu.’”
35 Nuko basutse ibyo bari bazanye, babona amafaranga ya buri wese ari mu gapfunyika kari mu mufuka we. Bo na papa wabo bayabonye bagira ubwoba. 36 Hanyuma Yakobo arababwira ati: “Mumazeho abana!+ Yozefu ntakiriho,+ Simeyoni ntakiriho,+ none Benyamini na we murashaka kumujyana! Ibyo byago byose ni njye byibasiye!” 37 Rubeni abwira papa we ati: “Mumpe mujyane, nzamukugarurira.+ Nintamukugarurira, uzice abahungu banjye bombi.”+ 38 Yakobo aravuga ati: “Ntimuzajyana umwana wanjye. Mukuru we yarapfuye none asigaye wenyine.+ Aramutse agize impanuka muri urwo rugendo ikamuhitana, mwazatuma njya mu Mva*+ mfite agahinda.”+