Zaburi
Ku muyobozi w’abaririmbyi. Indirimbo ya Dawidi.
Bamvuzeho amagambo y’ibinyoma.+
4 Ndabakunda ariko bo bakanyanga.+
Icyakora nkomeza gusenga.
5 Mbagirira neza, bo bakangirira nabi.+
Mbagaragariza urukundo, ariko bo bakanyereka urwango.+
6 Ushyireho umuntu mubi wo gutegeka umwanzi wanjye,
Umurwanya ahagarare iburyo bwe amushinje.
7 Nacirwa urubanza, azahamwe n’icyaha.
Isengesho rye na ryo rizamubere icyaha.+
9 Abana be bahinduke imfubyi,
N’umugore we abe umupfakazi.
10 Abana be bahinduke inzererezi kandi basabirize.
Bajye bava mu matongo yabo bajye gushaka ibyokurya.
12 Ntihakagire umuntu umugaragariza ineza,
Kandi ntihakagire ugirira neza imfubyi ze.
15 Yehova ajye ahora yibuka ibyo bakoze,
Kandi atume batongera kwibukwa ku isi,+
16 Kubera ko uwo muntu mubi atibutse kugaragaza ineza,+
Ahubwo agakomeza gukurikirana umuntu ukandamizwa,+ w’umukene,
Kandi wihebye kugira ngo amwice.+
17 Yakundaga kwifuriza abandi ibyago, ni yo mpamvu na we byamugezeho.
Ntiyakundaga umugisha. Ni yo mpamvu atawubonye.
18 Yahoraga avuga ibyago nk’uko umuntu ahora yambaye umwenda.
Byamwinjiyemo nk’uko amazi yinjira mu mubiri,
Kandi byinjira mu magufwa ye nk’amavuta.
19 Ibyo byago bizamugumeho nk’uko umuntu yifubika umwenda,+
Kandi azabihorane nk’umukandara umuntu ahora yambaye.
Unkize kuko urukundo rwawe rudahemuka ari rwinshi.+
22 Ndi umukene kandi simfite kirengera.+
Umutima wanjye warakomerekejwe.+
23 Ubuzima bwanjye ni bugufi. Meze nk’igicucu kigenda gishiraho.
Meze nk’agasimba* birukana ku mwenda.
24 Amavi yanjye ntakigira imbaraga bitewe no kutarya.
Umubiri wanjye warumye, kandi ndananutse cyane.
Iyo bambonye, batangira kuzunguza umutwe.+
26 Yehova Mana yanjye, ntabara.
Unkize kuko ufite urukundo rudahemuka,
27 Bityo bamenye ko ari wowe ubikoze.
Yehova, bamenye ko ari wowe unkijije.
28 Nibakomeze banyifurize ibyago, ariko wowe umpe umugisha.
Nibanyibasira, uzatume bakorwa n’isoni,
Naho njyewe umugaragu wawe nishime.
29 Utume abandwanya bacishwa bugufi.
Bambare ikimwaro nk’uwambara umwenda.+