Indirimbo ya Salomo
7 “Yewe mukobwa warezwe neza,
Mbega ukuntu ibirenge byawe ari byiza mu nkweto zawe!
Amataye yawe meza,
Ameze nk’imirimbo yakozwe n’umunyabukorikori w’umuhanga.
2 Umukondo wawe umeze nk’agasorori.
Ntikakaburemo divayi ikaze.
Inda yawe imeze nk’ikirundo cy’ingano,
Kizengurutswe n’indabo nziza.
4 Ijosi ryawe+ rimeze nk’umunara w’amahembe y’inzovu.+
Izuru ryawe rimeze nk’umunara wo muri Libani,
Ureba i Damasiko.
5 Umutwe wawe wemye nk’Umusozi wa Karumeli,+
Kandi umusatsi uboshye+ wo ku mutwe wawe, umeze nk’ubwoya bufite ibara ryiza cyane.*+
Umwami yakunze cyane* imisatsi yawe miremire kandi myiza cyane.
6 Mukobwa nihebeye, mbega ukuntu uri mwiza!
Ni ukuri urashimishije kurusha ibindi bintu byose bishimisha!
8 Naravuze nti: ‘nzurira igiti cy’umukindo
Kugira ngo mfate amaseri y’imbuto zawo.’
Amabere yawe ameze nk’amaseri y’imizabibu.
Umwuka wawe umpumurira nka pome,
9 Kandi iminwa yawe imeze nka divayi iryoshye kurusha izindi.”
“Icyampa iyo divayi ikamanuka neza mu muhogo w’umukunzi wanjye,
Ikagenda itemba ku minwa ye, igatuma asinzira neza.
12 Reka tubyuke kare tujye mu mizabibu,
Turebe niba yarashibutse,
Turebe niba yarazanye indabo,+
Kandi turebe niba ibiti by’amakomamanga* byarazanye indabo.+
Aho ni ho nzakugaragariza urukundo rwanjye.+
Mukunzi wanjye,
Nakubikiye iza vuba n’iza kera.