Kubara
2 Yehova abwira Mose na Aroni ati: 2 “Buri wese mu Bisirayeli ajye ashinga ihema rye mu itsinda abarizwamo ry’imiryango itatu,+ hafi y’ikimenyetso kiranga umuryango wa ba sekuruza. Amahema yabo ajye arebana n’ihema ryo guhuriramo n’Imana kandi abe arikikije.
3 “Abazajya bashinga amahema mu burasirazuba, ni itsinda rigizwe n’imiryango itatu ihagarariwe n’umuryango wa Yuda, hakurikijwe amatsinda barimo.* Umukuru w’umuryango wa Yuda ni Nahashoni+ umuhungu wa Aminadabu. 4 Ingabo ze zabaruwe ni 74.600.+ 5 Abazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Yuda ni abo mu muryango wa Isakari. Umukuru w’umuryango wa Isakari ni Netaneli+ umuhungu wa Suwari. 6 Ingabo ze zabaruwe ni 54.400.+ 7 Abandi bazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Yuda ni abakomoka kuri Zabuloni. Umukuru w’abakomoka kuri Zabuloni ni Eliyabu+ umuhungu wa Heloni. 8 Ingabo ze zabaruwe ni 57.400.+
9 “Ingabo zose zabaruwe mu nkambi yari ihagarariwe na Yuda, ni 186.400. Abo ni bo bazajya babanza kugenda.+
10 “Abazajya bashinga amahema mu majyepfo ni itsinda rigizwe n’imiryango itatu ihagarariwe n’umuryango wa Rubeni,+ hakurikijwe amatsinda barimo. Umukuru w’abakomoka kuri Rubeni ni Elisuri+ umuhungu wa Shedewuri. 11 Ingabo ze zabaruwe ni 46.500.+ 12 Abazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Rubeni ni abakomoka kuri Simeyoni. Umukuru w’abakomoka kuri Simeyoni ni Shelumiyeli+ umuhungu wa Surishadayi. 13 Ingabo ze zabaruwe ni 59.300.+ 14 Abandi bazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Rubeni ni abakomoka kuri Gadi. Umukuru w’abakomoka kuri Gadi ni Eliyasafu+ umuhungu wa Reweli. 15 Ingabo ze zabaruwe ni 45.650.+
16 “Ingabo zose zabaruwe mu nkambi yari ihagarariwe na Rubeni, ni 151.450. Abo ni bo bazajya bagenda ari aba kabiri.+
17 “Igihe cyo kwimura ihema ryo guhuriramo n’Imana nikigera,+ inkambi y’Abalewi ijye iba iri hagati y’izindi.
“Uko bagiye bashinga amahema yabo ni ko bazajya bagenda buri wese mu mwanya we,+ bakurikije amatsinda y’imiryango itatu barimo.
18 “Abazajya bashinga amahema mu burengerazuba ni itsinda rigizwe n’imiryango itatu ihagarariwe n’umuryango wa Efurayimu hakurikijwe amatsinda barimo. Umukuru w’abakomoka kuri Efurayimu ni Elishama+ umuhungu wa Amihudi. 19 Ingabo ze zabaruwe ni 40.500.+ 20 Abazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Efurayimu ni abakomoka kuri Manase.+ Umukuru w’abakomoka kuri Manase ni Gamaliyeli+ umuhungu wa Pedasuri. 21 Ingabo ze zabaruwe ni 32.200.+ 22 Abandi bazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Efurayimu ni abakomoka kuri Benyamini. Umukuru w’abakomoka kuri Benyamini ni Abidani+ umuhungu wa Gideyoni. 23 Ingabo ze zabaruwe ni 35.400.+
24 “Ingabo zose zabaruwe mu nkambi yari ihagarariwe n’umuryango wa Efurayimu ni 108.100. Abo ni bo bazajya bagenda ari aba gatatu.+
25 “Abazajya bashinga amahema mu majyaruguru ni itsinda rigizwe n’imiryango itatu ihagarariwe n’umuryango wa Dani, hakurikijwe amatsinda barimo. Umukuru w’abakomoka kuri Dani ni Ahiyezeri+ umuhungu wa Amishadayi. 26 Ingabo ze zabaruwe ni 62.700.+ 27 Abazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Dani ni abakomoka kuri Asheri. Umukuru w’abakomoka kuri Asheri ni Pagiyeli+ umuhungu wa Okirani. 28 Ingabo ze zabaruwe ni 41.500.+ 29 Abandi bazajya bashinga amahema iruhande rw’umuryango wa Dani ni abakomoka kuri Nafutali. Umukuru w’abakomoka kuri Nafutali ni Ahira+ umuhungu wa Enani. 30 Ingabo ze zabaruwe ni 53.400.+
31 “Ingabo zose zabaruwe mu nkambi yari ihagarariwe na Dani ni 157.600. Abo ni bo bazajya bagenda ari aba nyuma+ hakurikijwe itsinda ry’imiryango itatu barimo.”
32 Abo ni bo babaruwe mu Bisirayeli hakurikijwe imiryango ya ba sekuruza. Abantu bose bari mu nkambi babaruwe bashobora kujya mu ngabo ni 603.550.+ 33 Ariko Abalewi ntibabaruwe+ mu bandi Bisirayeli,+ nk’uko Yehova yari yarabitegetse Mose. 34 Abisirayeli bakora ibyo Yehova yategetse Mose byose. Uko ni ko bashingaga amahema mu matsinda y’imiryango itatu+ kandi ni na ko bagendaga,+ buri wese mu muryango we, bakurikije imiryango ya ba sekuruza.