IMIBEREHO IKWIRIYE ABAKRISTO
Jya unoza ubuhanga bwawe bwo kubwiriza—Ukoresha neza ibibazo
IMPAMVU ARI IBY’INGENZI: Niba ‘ibitekerezo byo mu mutima w’umuntu ari nk’amazi maremare,’ ibibazo tumubaza bimeze nk’indobo twakoresha kugira ngo tubimenye (Img 20:5). Kubaza ibibazo bituma uwo tuganira avuga ibyo atekereza. Nanone ibisubizo atanga kuri ibyo bibazo, bituma tumenya uko abona ibintu. Yesu yakoreshaga neza ibibazo. Twamwigana dute?
UKO WABIGENZA:
Jya ubaza ibibazo bituma umenya icyo atekereza. Yesu yabajije abigishwa be ibibazo kugira ngo amenye ibibari ku mutima (Mt 16:13-16; be 238 par. 3-5). Ni ibihe bibazo byagufasha kumenya ibiri mu mutima w’umuntu?
Jya ubaza ibibazo bituma yifatira umwanzuro. Yesu yakoresheje ibibazo kugira ngo akosore Petero kandi amuha ibisubizo bitandukanye ngo ahitemo icy’ukuri, maze yifatire umwanzuro (Mt 17:24-26). Ni ibihe bibazo wabaza umuntu, bikamufasha kwifatira umwanzuro mwiza?
Jya umushimira. Yesu yashimiye umwanditsi ‘wasubizanyije ubuhanga’ (Mr 12:34). Washimira ute umuntu ugushubije ikibazo umubajije?
MUREBE AGACE KABANZA KA VIDEWO IVUGA NGO TUJYE DUKORA UMURIMO YESU YAKORAGA—TWIGISHA, HANYUMA MUSUBIZE IBIBAZO BIKURIKIRA:
Kuki uyu mubwiriza atigishije neza, nubwo ibyo yavugaga byari ukuri?
Kuki gutanga ibisobanuro gusa bidahagije?
MUREBE AKANDI GACE K’IYO VIDEWO, HANYUMA MUSUBIZE IBIBAZO BIKURIKIRA:
Ni mu buhe buryo uyu muvandimwe yakoresheje neza ibibazo?
Dukurikije uko yigisha, ni ibihe bintu bindi twamwigiraho?
Uko twigisha bigira izihe ngaruka ku bantu (Lk 24:32)?