ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 34
  • Ibyokurya by’ubundi bwoko

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ibyokurya by’ubundi bwoko
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Twungukirwe n’‘amasaka yo mu ijuru’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1999
  • Ibibazo by’abasomyi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2006
  • Ibibazo by’abasomyi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2023
  • Inzoka y’umuringa
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 34
Umugore w’Umwisirayeli hamwe n’umuhungu we batora manu

INKURU YA 34

Ibyokurya by’ubundi bwoko

WABA uzi icyo aba bantu barimo batoragura? Ni utuntu tumeze nk’utumanyu twa barafu. Ni umweru kandi dufite umubyimba muto. Ariko si barafu; ahubwo ni ibyokurya.

Hari hashize hafi ukwezi kumwe Abisirayeli bavuye mu Misiri. Bari mu butayu. Kubera ko aho hantu hamera ibiribwa bike cyane, baritotombye bati ‘iyo Yehova atwicira mu Misiri. Nibura twabonaga ibyokurya byose twifuzaga.’

Nuko Yehova aravuga ati ‘ngiye kugusha ibyokurya biva mu ijuru.’ Yehova yabigenje atyo. Bukeye mu gitondo, Abisirayeli babonye twa tuntu tw’umweru twari twaguye, barabazanyije bati ‘iki ni iki?’

Mose arababwira ati ‘ni ibyokurya Yehova abahaye ngo murye.’ Nuko abantu babyita MANU. Manu yari ifite icyanga nk’icy’umutsima uvuganywe n’ubuki.

Mose abwira Abisirayeli ati ‘umuntu wese atoragure ibihwanye n’imirire ye.’ Nuko Abisirayeli bakajya babigenza batyo buri gitondo. Hanyuma izuba ryava, manu isigaye ku butaka igashonga.

Mose arongera ati ‘ntihazagire umuntu uraza kuri iyo manu ngo igeze ku wundi munsi.’ Ariko hari bamwe muri rubanda batumviye iryo tegeko. Uzi uko byagenze? Mu gitondo basanze manu baraje yuzuyemo inyo, yatangiye kunuka!

Abisirayeli batora manu

Nyamara hari umunsi umwe mu cyumweru Yehova yari yarabwiye rubanda ko rwagombaga gutoragura manu ikubye incuro ebyiri iyo bari basanzwe batoragura. Wari umunsi wa gatandatu. Yehova yari yarabategetse kuzigamira undi munsi, kuko nta manu yari kugusha ku munsi wa karindwi. Iyo bazigamaga manu yo gukoresha ku munsi wa karindwi, ntiyazagamo inyo kandi ntiyanukaga! Icyo cyari ikindi gitangaza!

Imyaka yose Abisirayeli bamaze mu butayu, Yehova yabagaburiye manu.

Kuva 16:1-36; Kubara 11:7-9; Yosuwa 5:10-12.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze