ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 31 p. 78
  • Yosuwa n’Abagibeyoni

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yosuwa n’Abagibeyoni
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Abagibeyoni b’abanyabwenge
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Izuba rihagarara
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • “Yehova ni we Mana yacu tuzakorera”
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1986
  • Yosuwa 1:9—“Komera kandi ube intwari”
    Ibisobanuro by’imirongo yo muri Bibiliya
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 31 p. 78
Abagibeyoni bambaye imyenda ishaje cyane, bajya kureba Yosuwa n’abasirikare be

IGICE CYA 31

Yosuwa n’Abagibeyoni

Inkuru y’ibyabereye i Yeriko yageze mu bihugu byose by’i Kanani. Abami baho bafashe umwanzuro wo kwishyira hamwe kugira ngo barwanye Abisirayeli. Icyakora Abagibeyoni bo batekereje ikindi kintu bakora. Bambaye imyenda ishaje cyane basanga Yosuwa, baramubwira bati: “Duturutse mu gihugu cya kure. Twumvise ibyo Yehova yabakoreye byose muri Egiputa n’i Mowabu. None mudusezeranye ko mutazadutera, natwe tuzaba abagaragu banyu.”

Yosuwa yemeye ibyo bamubwiye abasezeranya ko atazabatera. Nyuma y’iminsi itatu, yamenye ko burya batari baturutse kure. Bari batuye hafi aho mu gihugu cy’i Kanani. Yosuwa yabajije abo Bagibeyoni ati: “Kuki mwatubeshye?” Baramusubije bati: “Twagize ubwoba. Tuzi ko Imana yanyu Yehova ari yo ibafasha kurwana. Turabinginze ntimutwice.” Yosuwa yubahirije ibyo yabasezeranyije, ntiyagira icyo abatwara.

Hashize igihe gito, abami batanu b’i Kanani n’abasirikare babo bateye Abagibeyoni. Yosuwa n’abasirikare be bagenze ijoro ryose bagiye kubatabara. Urugamba rwatangiye mu gitondo cya kare. Abanyakanani batangiye kwiruka barahunga. Aho bahungiraga hose Yehova yabagushagaho amabuye manini y’urubura ruturutse mu ijuru. Hanyuma Yosuwa yasabye Yehova guhagarika izuba ntirirenge. Kuki yasabye Yehova guhagarika izuba kandi bitari byarigeze bibaho? Ni ukubera ko yiringiraga Yehova cyane. Izuba ntiryigeze rirenga, kugeza igihe Abisirayeli bari bamaze gutsinda abami b’Abanyakanani n’abasirikare babo.

Yosuwa areba mu ijuru agasaba Yehova ko izuba rihagarara ntirirenge

“‘Yego’ yanyu ijye iba yego, na ‘Oya’ yanyu ibe oya, kuko ibirenze ibyo bituruka kuri Satani.”​—Matayo 5:37

Ibibazo: Abagibeyoni bakoze iki kugira ngo Abisirayeli batazabatera? Yehova yafashije ate Abisirayeli?

Yosuwa 9:1–10:15

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze