ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 42 p. 102-p. 103 par. 3
  • Yonatani yari intwari akaba n’indahemuka

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yonatani yari intwari akaba n’indahemuka
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • ‘Babaye agati gakubiranye’
    Twigane ukwizera kwabo
  • Yonatani “yakoranye n’Imana”
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2007
  • Yonatani—“Nta cyabuza Yehova gukiza”
    Twigane ukwizera kwabo
  • Bibumbiye hamwe mu nsi y’urukundo
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1989
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 42 p. 102-p. 103 par. 3
Yonatani n’uwamutwazaga intwaro

IGICE CYA 42

Yonatani yari intwari akaba n’indahemuka

Umuhungu w’imfura wa Sawuli witwaga Yonatani yari umusirikare w’intwari. Dawidi yavuze ko Yonatani yihutaga kurusha kagoma kandi ko yari afite imbaraga kurusha intare. Hari igihe Yonatani yabonye abasirikare 20 b’Abafilisitiya ku musozi. Yahise abwira uwari umutwaje intwaro ati: “Turabatera Yehova naduha ikimenyetso. Nibatubwira ngo tuzamuke, turamenya ko tugomba kubatera.” Abafilisitiya bahise bababwira bati: “Ngaho nimuzamuke turwane.” Abo bagabo babiri bazamutse uwo musozi bica abo basirikare bose.

Yonatani aha Dawidi bimwe mu bintu bye

Yonatani ni we wagombaga kuzasimbura papa we Sawuli akaba umwami, kuko yari imfura. Ariko yari azi ko Yehova yatoranyije Dawidi ngo azabe umwami, kandi ntiyigeze amugirira ishyari. Yonatani na Dawidi babaye incuti magara. Basezeranye ko buri wese yari kuzarinda undi. Yonatani yahaye Dawidi ikoti rye, inkota ye, umuheto we n’umukandara we nk’ikimenyetso cy’ubucuti.

Igihe Dawidi yahungaga Sawuli, Yonatani yagiye kumureba aramubwira ati: “Komera kandi ugire ubutwari. Ni wowe Yehova yahisemo ngo uzabe umwami, kandi na papa arabizi.” Ese nawe wifuza kugira incuti nyakuri imeze nka Yonatani?

Inshuro nyinshi, Yonatani yemeraga gufasha Dawidi nubwo byashoboraga gutuma apfa. Kubera ko yari azi ko Umwami Sawuli yashakaga kwica Dawidi, yaramubwiye ati: “Niwica Dawidi uzaba ukoze icyaha kuko atigeze aguhemukira.” Sawuli yarakariye Yonatani cyane. Nyuma y’igihe, Sawuli na Yonatani bapfiriye mu ntambara.

Yonatani amaze gupfa, Dawidi yashakishije umuhungu we Mefibosheti. Amubonye yaramubwiye ati: “Nzakwitaho ubuzima bwawe bwose, kubera ko papa wawe yari incuti yanjye. Uzaba mu nzu yanjye kandi urire ku meza yanjye.” Dawidi ntiyigeze yibagirwa incuti ye Yonatani.

“Mukundane nk’uko nanjye nabakunze. Nta wufite urukundo ruruta urw’umuntu wemera gupfira incuti ze.”​—Yohana 15:12, 13

Ibibazo: Yonatani yagaragaje ate ko yari intwari? Yonatani yagaragaje ate ko yari indahemuka?

1 Samweli 14:1-23; 18:1-4; 19:1-6; 20:32-42; 23:16-18; 31:1-7; 2 Samweli 1:23; 9:1-13

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze