ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 45 p. 110-p. 111 par. 2
  • Ubwami bwicamo ibice

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ubwami bwicamo ibice
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ubwami bwigabanyamo kabiri
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Yehova ntazareka indahemuka ze
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2008
  • Yari kugira icyo akora akemerwa n’Imana
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2018
  • Ingingo z’ingenzi z’ibikubiye mu gitabo cya Mbere cy’Abami
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2005
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 45 p. 110-p. 111 par. 2
Ahiya ari imbere ya Yerobowamu arimo guca umwenda mo ibice 12

IGICE CYA 45

Ubwami bwicamo ibice

Igihe cyose Salomo yari agisenga Yehova, Isirayeli yari ifite amahoro. Icyakora Salomo yashatse abagore benshi b’abanyamahanga, basengaga ibigirwamana. Salomo yagiye ahinduka buhoro buhoro, atangira gusenga ibigirwamana abagore be basengaga. Yehova yaramurakariye cyane. Yabwiye Salomo ati: “Umuryango wawe uzamburwa ubwami bwa Isirayeli, bwigabanyemo kabiri. Igice kinini nzagiha umwe mu bagaragu bawe, naho umuryango wawe uzategeka igice gito.”

Hari ikintu cyabaye kugira ngo Yehova yongeye kugaragaza umwanzuro yari yafashe. Igihe umwe mu bagaragu ba Salomo witwaga Yerobowamu yari mu nzira agenda, yahuye n’umuhanuzi witwaga Ahiya. Ahiya yaciyemo umwenda we ibice 12, maze abwira Yerobowamu ati: “Yehova agiye kuvana ubwami bwa Isirayeli mu muryango wa Salomo abugabanyemo kabiri. Akira ibi bice icumi kuko uzaba umwami w’imiryango icumi.” Umwami Salomo yarabimenye ashaka kwica Yerobowamu. Yerobowamu yahise ahungira muri Egiputa. Nyuma yaho Salomo yarapfuye, maze umuhungu we Rehobowamu aba umwami. Yerobowamu yumvise ko noneho ashobora kugaruka muri Isirayeli.

Abisirayeli benshi bari gutambira ibitambo ikimasa cyacuzwe na Yerobowamu

Abantu bakuze bo muri Isirayeli babwiye Rehobowamu bati: “Nufata abantu neza, bazakubera indahemuka.” Ariko abasore b’incuti za Rehobowamu bo bamugiriye inama bati: “Ugomba gufata nabi abantu, ukabakoresha cyane.” Rehobowamu yumviye inama y’abo basore. Yategetse abantu nabi cyane bituma bamwigomekaho. Bashyizeho Yerobowamu ngo abe umwami w’imiryango icumi, ari yo yaje kwitwa ubwami bwa Isirayeli. Indi miryango ibiri yaje kwitwa ubwami bw’u Buyuda, kandi yakomeje kubera Rehobowamu indahemuka. Kuva icyo gihe, imiryango 12 ya Isirayeli yigabanyijemo kabiri.

Yerobowamu ntiyashakaga ko abaturage be bajya gusengera i Yerusalemu, hari mu bwami bwa Rehobowamu. Ese uzi impamvu? Yatinyaga ko bamwigomekaho, bagashyigikira Rehobowamu. Ni yo mpamvu yacuze ibimasa bibiri bya zahabu maze abwira abantu ati: “I Yerusalemu ni kure. Mujye musengera hano.” Abantu batangiye gusenga ibimasa bya zahabu bongera kwibagirwa Yehova.

“Ntimukifatanye n’abatizera kuko nta ho muhuriye. None se gukiranuka no kwica amategeko byahurira he? . . . Cyangwa se umuntu wizera n’utizera bahuriye he?”​—2 Abakorinto 6:14, 15

Ibibazo: Kuki Isirayeli yigabanyijemo kabiri? Ni ibihe bikorwa bibi Umwami Rehobowamu n’Umwami Yerobowamu bakoze?

1 Abami 11:1-13, 26-43; 12:1-33

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze