ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 53 p. 128
  • Ubutwari bwa Yehoyada

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ubutwari bwa Yehoyada
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yowasi yataye Yehova abitewe no kwifatanya n’incuti mbi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Kuki dukwiriye gutinya Yehova?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2023
  • Yehova aha umugisha abantu bagira ubutwari
    Agatabo k’Iteraniro ry’Umurimo n’Imibereho ya Gikristo—2023
  • Yehova yahannye umugore mubi wifuzaga kuba umwamikazi
    Agatabo k’Iteraniro ry’Umurimo n’Imibereho ya Gikristo—2022
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 53 p. 128
Umutambyi Mukuru Yehoyada yereka abantu Umwami Yehowashi wari ukiri muto

IGICE CYA 53

Ubutwari bwa Yehoyada

Yezebeli yari afite umukobwa witwaga Ataliya wari umugome nka mama we. Ataliya yari yarashakanye n’umwami w’u Buyuda. Umugabo we amaze gupfa, umuhungu we yabaye umwami. Ariko igihe umuhungu we yapfaga, Ataliya ni we watangiye kuyobora u Buyuda. Yagerageje kwica abakomokaga ku mwami bose n’abandi bose bashoboraga kuzaba abami. Abuzukuru be bwite na bo yarabishe. Abantu bose baramutinyaga.

Umutambyi Mukuru Yehoyada n’umugore we Yehosheba, babonaga ko ibyo Ataliya yakoraga byari bibi cyane. Bahishe umwuzukuru wa Ataliya witwaga Yehowashi, bamurerera mu nzu ya Yehova nubwo bashoboraga kubizira.

Yehowashi amaze kugira imyaka irindwi, Yehoyada yateranyirije hamwe abayobozi n’Abalewi arababwira ati: “Murinde imiryango y’urusengero, ntimugire uwo mwemerera kwinjira.” Hanyuma yashyizeho Yehowashi ngo abe umwami, amwambika ikamba ku mutwe. Abaturage b’i Buyuda bavuze mu ijwi riranguruye bati: “Umwami arakabaho!”

Umwamikazi Ataliya asakuza

Umwamikazi Ataliya yumvise urusaku rw’abantu ahita ajya ku rusengero. Abonye umwami mushya yaravuze ati: “Muri abagambanyi! Mwangambaniye!” Abayobozi bafashe uwo mwamikazi mubi, baramusohora bajya kumwica. Ariko se byari kugenda bite ko yari yaratumye abantu bakora ibikorwa bibi?

Yehoyada yafashije abantu, basezeranya Yehova ko ari we wenyine bazasenga. Yehoyada yabategetse gusenya urusengero rwa Bayali, bamenagura n’ibigirwamana byose. Yanatoranyije abatambyi n’Abalewi bo gukora mu rusengero kugira ngo abantu bongere kuhasengera. Yashyizeho abarinzi b’urusengero ngo hatagira umuntu wanduye urwinjiramo. Nanone Yehoyada n’abayobozi bajyanye Yehowashi mu nzu y’umwami ngo atangire gutegeka ari umwami. Abantu b’i Buyuda barishimye cyane. Ntibari bagitegekwa na Ataliya wari umugome kandi ntibari bagisenga Bayali. Bari basigaye basenga Yehova wenyine. Ese urabona ko kuba Yehoyada yaragize ubutwari byagiriye akamaro abantu benshi?

“Ntimugatinye abantu bashobora kubica, ariko bakaba badashobora kwica ubugingo. Ahubwo mutinye ushobora kurimburira ubugingo n’umubiri byombi muri Gehinomu.”​—Matayo 10:28

Ibibazo: Ni gute Yehoyada yagaragaje ubutwari? Ese utekereza ko Yehova ashobora kugufasha ukagira ubutwari?

2 Abami 11:1–12:12; 2 Ibyo ku Ngoma 21:1-6; 22:10-12; 23:1–24:16

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze