ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 56 p. 134
  • Yosiya yakundaga Amategeko y’Imana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yosiya yakundaga Amategeko y’Imana
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yosiya yari afite incuti nziza
    Jya wigisha abana bawe
  • Yosiya wicishaga bugufi yemewe na Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2000
  • Umwami mwiza wa nyuma wa Isirayeli
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Yosiya yahisemo gukora ibikwiriye
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 56 p. 134
Shafani asomera Umwami Yosiya umuzingo

IGICE CYA 56

Yosiya yakundaga Amategeko y’Imana

Yosiya yabaye umwami w’u Buyuda afite imyaka umunani. Icyo gihe abantu basengaga ibigirwamana bagakora n’ibikorwa by’ubumaji. Yosiya amaze kugira imyaka 16, yashakishije uko yakorera Yehova mu buryo bukwiriye. Igihe yari afite imyaka 20, yatangiye kurimbura ibigirwamana no gusenya ibicaniro mu gihugu hose. Amaze kugira imyaka 26, yatangije gahunda yo gusana urusengero rwa Yehova.

Umutambyi Mukuru Hilukiya yabonye mu rusengero umuzingo warimo Amategeko ya Yehova, ushobora kuba waranditswe na Mose. Shafani wari umunyamabanga w’umwami yazaniye Yosiya uwo muzingo, atangira kumusomera Amategeko. Yosiya yabonye ko abantu ba Yehova bari bamaze imyaka myinshi bamusuzugura. Yabwiye Hilukiya ati: “Yehova yaraturakariye cyane. Genda umutubarize, atubwire icyo tugomba gukora.” Yehova yabasubije binyuze ku muhanuzikazi Hulida agira ati: “Abantu b’i Buyuda barantaye. Nzabahana Yosiya atakiri umwami kuko we yicishije bugufi.”

Hilukiya abona umuzingo warimo Amategeko ya Yehova

Umwami Yosiya amaze kubyumva, yagiye mu rusengero kandi ahuriza hamwe abantu b’i Buyuda bose. Yabasomeye Amategeko ya Yehova. Yosiya n’abantu bose basezeranyije Yehova ko bazamwumvira n’umutima wabo wose.

Abaturage b’u Buyuda bari bamaze imyaka myinshi batizihiza Pasika. Ariko igihe Yosiya yasomaga mu Mategeko ko Pasika yagombaga kwizihizwa buri mwaka, yarababwiye ati: “Tugomba kwizihiza Pasika ya Yehova.” Yosiya yahise ategura ibitambo byinshi byo gutamba, ashyiraho n’abaririmbyi bagombaga kuririmbira mu rusengero. Abantu bose bizihije Pasika kandi bamara iminsi irindwi yakurikiyeho bizihiza Umunsi Mukuru w’Imigati Itarimo Umusemburo. Nta Pasika nk’iyo yari yarigeze iba uhereye mu gihe cya Samweli. Yosiya yakundaga Amategeko y’Imana rwose! Ese nawe ukunda kwiga ibyerekeye Yehova?

“Ijambo ryawe ni itara rimurikira ibirenge byanjye, kandi ni urumuri rw’inzira yanjye.”​—Zaburi 119:105

Ibibazo: Umwami Yosiya yakoze iki amaze kumva Amategeko y’Imana? Yehova yabonaga ate Yosiya?

2 Abami 21:26; 22:1–23:30; 2 Ibyo ku Ngoma 34:1–35:25

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze