ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 88 p. 206
  • Bafata Yesu

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Bafata Yesu
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yesu agambanirwa agafatwa
    Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima
  • Agambanirwa Hanyuma Agafatwa
    Umuntu Ukomeye Kuruta Abandi Bose
  • Yesu mu busitani
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Umunsi wa Nyuma w’Ubuzima bwa Kimuntu bwa Yesu
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1999
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 88 p. 206
Yuda agambanira Yesu mu busitani bwa Getsemani

IGICE CYA 88

Bafata Yesu

Yesu n’intumwa ze banyuze mu Kibaya cya Kidironi bagana ku Musozi w’Imyelayo. Saa sita z’ijoro zari zarenze, kandi ukwezi kwagaragaraga kose. Bageze mu busitani bwa Getsemani, Yesu yabwiye intumwa ze ati: “Nimugume hano kandi mukomeze kuba maso.” Nuko Yesu yigira imbere gato muri ubwo busitani arapfukama, asenga Yehova afite agahinda kenshi ati: “Papa, bibe uko ushaka.” Hanyuma Yehova yamwoherereje umumarayika kugira ngo amukomeze. Yesu asubiye aho za ntumwa zari ziri, yasanze zasinziriye. Yarazibwiye ati: “Nimukanguke! Iki si igihe cyo gusinzira! Igihe kirageze ngo abanzi banjye bamfate.”

Baha Yuda agafuka gato karimo amafaranga

Bidatinze, Yuda yaje ari kumwe n’abantu benshi bitwaje inkota n’inkoni. Yari azi ahantu yari gusanga Yesu kuko bazaga muri ubwo busitani kenshi. Yuda yari yabwiye abasirikare ko yari bubahe ikimenyetso cyari gutuma bamenya Yesu. Yahise asanga Yesu aramubwira ati: “Mwigisha, mwiriwe?,” maze aramusoma. Yesu na we yaramubwiye ati: “Yuda, koko urangambanira unsoma?”

Yesu yegereye abo bantu arababaza ati: “Murashaka nde?” Baramusubije bati: “Turashaka Yesu w’i Nazareti.” Na we arababwira ati: “Ni njye.” Bahita basubira inyuma bikubita hasi. Arongera arababaza ati: “Murashaka nde?” Barongeye baramusubiza bati: “Yesu w’i Nazareti.” Yesu arababwira ati: “Nababwiye ko ari njye. Niba rero ari njye mushaka, nimureke aba bagabo bagende.”

Petero abibonye, yafashe inkota yari afite ayikubita Maluko wari umugaragu w’umutambyi mukuru amuca ugutwi. Ariko Yesu yakoze ku gutwi kwa Maluko ahita akira. Abwira Petero ati: “Shyira inkota yawe mu mwanya wayo. Nurwanisha inkota, uzicishwa inkota.” Abasirikare bafashe Yesu bamuboha amaboko, maze intumwa zirahunga. Bamujyanye kwa Ana wari umukuru w’abatambyi. Ana yabajije Yesu ibibazo maze amwohereza ku Mutambyi Mukuru witwaga Kayafa. Ariko se byagendekeye bite intumwa za Yesu?

“Mu isi muzahura n’imibabaro myinshi, ariko nimukomere! Natsinze isi.”​—Yohana 16:33

Ibibazo: Ni iki cyabereye mu busitani bwa Getsemani? Ni irihe somo wavanye ku byo Yesu yakoze muri iryo joro?

Matayo 26:36-57; Mariko 14:32-50; Luka 22:39-54; Yohana 18:1-14, 19-24

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze