ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 102 p. 236-p. 237 par. 2
  • Ibyahishuriwe Yohana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ibyahishuriwe Yohana
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ubutumwa bw’abamaraika bwo muri iki gihe cyacu
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1989
  • Ubwiza buhebuje bw’intebe y’ubwami ya Yehova yo mu ijuru
    Ibyahishuwe—Indunduro Yabyo Ikomeye Iri Bugufi!
  • Ibiremwa byo mu ijuru biteye bite?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2016
  • Baririmba indirimbo nshya yo kunesha
    Ibyahishuwe—Indunduro Yabyo Ikomeye Iri Bugufi!
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 102 p. 236-p. 237 par. 2
Intumwa Yohana yandika igitabo cy’Ibyahishuwe

IGICE CYA 102

Ibyahishuriwe Yohana

Igihe intumwa Yohana yari afungiye ku kirwa cya Patimosi, Yesu yakoresheje iyerekwa, amwereka ibintu 16 byari kuzabaho. Ibyo yeretswe byagaragazaga ukuntu izina ry’Imana rizezwa, uko Ubwami bwayo buzaza, n’ibyo ishaka bigakorwa mu isi nk’uko bikorwa mu ijuru.

Mu iyerekwa rimwe, Yohana yabonye Yehova yicaye ku ntebe y’Ubwami yo mu ijuru ifite ubwiza buhebuje, akikijwe n’abakuru 24 bambaye imyenda yera n’amakamba ya zahabu ku mitwe. Kuri iyo ntebe, haturutse imirabyo n’amajwi y’inkuba, maze abakuru 24 bapfukama imbere ya Yehova baramusenga. Mu rindi yerekwa, Yohana yabonye abantu benshi baturutse mu bihugu byose, mu miryango yose no mu ndimi zose, bari gusingiza Yehova. Umwana w’Intama ari we Yesu, ni we wabitagaho akabayobora ku masoko y’amazi y’ubuzima. Nyuma yaho mu rindi yerekwa, yabonye Yesu aba Umwami mu ijuru, ategeka ari kumwe na ba bakuru 24. Mu iyerekwa ryakurikiyeho, Yohana yabonye Yesu arwana n’ikiyoka kinini, ari cyo Satani kiri kumwe n’abadayimoni bacyo. Yesu yabirukanye mu ijuru, abajugunya ku isi.

Yesu n’abantu 144.000 ku Musozi wa Siyoni yo mu ijuru

Hanyuma Yohana yabonye Umwana w’Intama ahagaze ku Musozi wa Siyoni yo mu ijuru, ari kumwe n’abantu 144.000. Nanone yabonye umumarayika aguruka mu kirere abwira abari mu isi ko bagomba gutinya Imana kandi bakayisingiza.

Mu iyerekwa ryakurikiyeho, yabonye intambara ya Harimagedoni. Muri iyo ntambara, Yesu n’ingabo ze batsinze Satani kandi barimbura isi ye mbi. Mu iyerekwa rya nyuma, Yohana yabonye abo mu ijuru n’abo ku isi bakorana neza mu buryo butunganye. Satani n’abantu bamushyigikiye bari barimbutse burundu. Abari mu ijuru bose hamwe n’abari ku isi bose babonaga ko izina rya Yehova ryera kandi bakamukorera wenyine.

“Nzatuma wowe n’umugore muba abanzi kandi urubyaro rwawe rwangane n’urubyaro rwe. Ruzakumena umutwe, nawe uzarukomeretsa agatsinsino.”​—Intangiriro 3:15

Ibibazo: Yohana yeretswe ibintu bingahe? Yesu azakora iki mu ntambara ya Harimagedoni?

Ibyahishuwe 1:1-3; 4:1-11; 7:4, 9-17; 11:15-18; 12:5-12; 14:6, 7; 16:14, 16; 21:5

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze