ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w01 1/8 p. 31
  • Ibibazo by’abasomyi

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ibibazo by’abasomyi
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2001
  • Ibisa na byo
  • Yehova asezeranya Daniyeli ingororano ihebuje
    Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
  • Ingingo z’ingenzi z’ibikubiye mu gitabo cya Daniyeli
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2007
  • Igitabo cya Daniyeli nawe
    Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
  • Barageragejwe—Ariko Baba Indahemuka Kuri Yehova!
    Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2001
w01 1/8 p. 31

Ibibazo by’abasomyi

Daniyeli yari he igihe Abaheburayo batatu bageragerezwaga imbere y’igishushanyo kinini Nebukadinezari yari yashinze mu kibaya cya Dura?

Bibiliya nta cyo ibivugaho, bityo muri iki gihe nta muntu ushobora kumenya aho Daniyeli yari aherereye igihe icyo kigeragezo cyabaga.

Hari bamwe bagiye bavuga ko Daniyeli ashobora kuba yari atonnye cyane kuri Nebukadinezari kurusha Saduraka, Meshaki na Abedenego, kandi ko kubera iyo mpamvu Daniyeli atigeze ahatirwa kujya mu kibaya cya Dura. Muri Daniyeli 2:49 hagaragaza ko mu gihe runaka yari afite umwanya wo hejuru usumba uwa bagenzi be batatu. Ariko kandi, ntidushobora kwemeza ko ibyo byatumye avanirwaho itegeko ryo gukoranira hamwe n’abandi imbere y’icyo gishushanyo.

Mu gihe abandi bo bageragezaga gusobanura impamvu Daniyeli atari ahari, bavuze ko ashobora kuba yari yaragiye mu butumwa bw’akazi cyangwa se akaba yari arwaye bityo ntashobore kujyayo. Ariko kandi, ibyo Bibiliya ntibivuga. Ibyo ari byo byose ariko, nta muntu washoboraga kubona icyo anenga ku myifatire ya Daniyeli, kuko iyo biza kuba atari uko bimeze, nta gushidikanya ko abategetsi b’Abanyababuloni bari bamufitiye ishyari bari kubyuririraho kugira ngo bamurege (Daniyeli 3:8). Haba mbere y’icyo gihe na nyuma yaho, Daniyeli yakomeje gushikama, aba indahemuka ku Mana atitaye ku bigeragezo yahuraga na byo. (Daniyeli 1:8; 5:17; 6:5, 11, 12, umurongo wa 4, 10 n’uwa 11 muri Biblia Yera.) Bityo rero, n’ubwo Bibiliya itavuga impamvu Daniyeli atari ari mu kibaya cya Dura, dushobora kwiringira tudashidikanya ko yakomeje kuba uwizerwa kuri Yehova Imana nta guteshuka.​—Ezekiyeli 14:14; Abaheburayo 11:33.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze