ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w11 1/5 p. 7
  • 4. Abantu ntibagikunda ababo

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • 4. Abantu ntibagikunda ababo
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • Ibisa na byo
  • Inama zafasha abahohoterwa n’abo bashakanye
    Izindi ngingo
  • Mushobora gutsinda ibibazo bisenya imiryango
    Ibanga ryo kugira ibyishimo mu muryango
  • Ihohoterwa rikorerwa mu ngo rizacika rite?
    Nimukanguke!—2013
  • Ese urugomo ruzashira?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2016
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
w11 1/5 p. 7

4. Abantu ntibagikunda ababo

“Abantu bazaba . . . badakunda ababo.”​—2 TIMOTEYO 3:1-3.

● Chris akorera itsinda ryo mu Majyaruguru ya Pays de Galles ryita ku birebana n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo. Yaravuze ati “ndibuka ko hari umugore waje yakubiswe cyane, ku buryo namurebye nkamuyoberwa. Abandi bagore bo baba bahungabanye cyane, ku buryo tuvugana bareba hasi.”

NI IKI IBIBERA KU ISI BIGARAGAZA? Mu gihugu kimwe cyo muri Afurika, hafi umugore umwe kuri batatu aba yarafashwe ku ngufu akiri umwana. Ubushakashatsi bwakozwe muri icyo gihugu bwagaragaje ko abagabo barenga kimwe cya gatatu, bumva ko gukubita umugore nta cyo bitwaye. Icyakora, abagore si bo bonyine bibasirwa n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo. Urugero, muri Kanada abagabo bagera kuri batatu ku icumi, bagiye bakubitwa n’abagore babo cyangwa bakabahohotera.

IBYO ABANTU BAKUNZE KUVUGA. Urugomo rwo mu ngo rwahozeho, ahubwo muri iki gihe kururwanya byarahagurukiwe kurusha kera.

ESE IBYO BAVUGA BIFITE ISHINGIRO? Ni iby’ukuri ko mu myaka ibarirwa muri za mirongo ishize, ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu ngo cyahagurukiwe. Ariko se kuba icyo kibazo cyarahagurukiwe, byatumye ihohoterwa rikorerwa mu ngo rigabanuka? Si ko byagenze. Ahubwo kuba abantu badakunda ababo bisigaye byogeye kurusha mbere hose.

WOWE SE UBIBONA UTE? Ese ibivugwa muri 2 Timoteyo 3:​1-3 birimo birasohora? Ese wemera ko abantu benshi batagikunda abagize imiryango yabo, nubwo ari ko byagombye kugenda?

Ubuhanuzi bwa gatanu burimo busohora, ni ubwerekeye iyi si dutuye. Nimucyo dusuzume icyo Bibiliya ibuvugaho.

[Amagambo yatsindagirijwe yo ku ipaji ya 7]

“Abantu basigaye bemera ko ihohoterwa rikorerwa mu ngo ari kimwe mu byaha byogeye, ariko bidakunze kuvugwa. Ugereranyije, umugore ajya kumenyesha abapolisi ko yahohotewe n’uwo bashakanye, ari uko amaze guhohoterwa incuro 35.”​—UMUVUGIZI W’URWEGO RUSHINZWE KWAKIRA KURI TELEFONI IBIBAZO BY’ABANTU BAHOHOTERWA MURI PAYS DE GALLES.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze