ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 5/12 p. 2
  • Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2012
  • Ibisa na byo
  • “Nshyize amagambo yanjye mu kanwa kawe”
    Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya
  • “Sinshobora guceceka”
    Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya
  • “Uzababwire” iri Jambo
    Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya
  • “Ubugingo bunaniwe nzabuhaza”
    Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2012
km 5/12 p. 2

Imana ivugana natwe binyuze kuri Yeremiya

1. Ni ikihe gitabo cyasohotse mu ikoraniro ry’intara ryo mu mwaka wa 2010, kandi se tuzagikoresha dute?

1 Twarishimye cyane igihe igitabo cya Yeremiya cyasohokaga mu ikoraniro ry’intara ryo mu mwaka wa 2010 ryari rifite umutwe uvuga ngo “Komeza kwegera Yehova.” Icyo gitabo gikubiyemo inama zadufasha mu mibereho yacu ya buri munsi ziboneka mu gitabo cya Yeremiya n’icy’Amaganya (Rom 15:4). Icyo gitabo kizatangira kwigwa mu Cyigisho cya Bibiliya cy’Itorero mu cyumweru gitangira ku itariki ya 5 Ugushyingo 2012.

2. Kuki kwiga igitabo cya Yeremiya n’icy’Amaganya bishobora kutugirira akamaro?

2 Ni ingirakamaro muri iki gihe: Yeremiya wanditse icyo gitabo cya Bibiliya cyahumetswe, yahanuye mu gihe i Buyuda hari umuvurungano. Mu mizo ya mbere yumvaga adashoboye gusohoza iyo nshingano (Yer 1:6). Nanone yatotezwaga n’abo bari baziranye wenda harimo na bene wabo bo muri Anatoti, umugi w’iwabo (Yer 11:21, 22). Birumvikana ko hari igihe Yeremiya yacikaga intege (Yer 20:14). Igihe dusohoza inshingano yacu yo ‘guhindura abigishwa mu bantu bo mu mahanga yose,’ akenshi duhura n’ingorane kandi tukagira ibyiyumvo nk’ibyo Yeremiya yagiraga (Mat 28:19). Gusuzuma ibyo yanditse bizadufasha gukora umurimo wacu dufite icyizere n’ishyaka.

3. Tuzajya dukoresha dute bimwe mu bigize igitabo cya Yeremiya?

3 Uko icyo gitabo giteye: Imirongo y’Ibyanditswe y’ingenzi igomba gusomwa mu cyigisho, yanditswe mu nyuguti ziberamye. Mu mpera z’icyigisho cya buri cyumweru, hari ikibazo kimwe cyangwa bibiri byanditswe mu nyuguti zitose bigaragaza ingingo z’ingenzi zikubiye muri icyo cyigisho. Abateranye bazajya babazwa ibyo bibazo mu gihe cy’isubiramo. Muri icyo gitabo cyose hari amafoto meza abagize itorero bazajya bifuza kugira icyo bavugaho.

4. Twakora iki kugira ngo twungukirwe mu buryo bwuzuye no kwiga igitabo cya Yeremiya?

4 Jya utegura mbere y’igihe kugira ngo wungukirwe mu buryo bwuzuye. Jya ureba ingingo zagufasha mu buzima no mu murimo wo kubwiriza. Jya utanga ibitekerezo. Yehova yahaye umugisha Yeremiya maze asohoza inshingano ye yishimye kandi anyuzwe (Yer 15:16). Twifuza ko kwiga icyo gitabo gishya byazadufasha gukora umurimo wacu nk’uko Yeremiya yabigenje.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze