ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • wp20 No. 3 p. 10
  • Jya usenga buri gihe

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Jya usenga buri gihe
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2020
  • Udutwe duto
  • Ibisa na byo
  • JYA UYIBWIRA IBIKURI KU MUTIMA KANDI WIYOROHEJE
  • JYA USENGA IMANA UYIVUZE MU IZINA
  • JYA USENGA MU RURIMI RWAWE
  • Egera Imana mu isengesho
    Ni iki mu by’ukuri Bibiliya yigisha?
  • Impano ihebuje y’isengesho
    Ni iki Bibiliya itwigisha?
  • Gusenga bituma uba incuti y’Imana
    Ishimire Ubuzima Iteka Ryose—Amasomo Yagufasha Kwiga Bibiliya
  • Uburyo bwo Gusenga Butera Kumvirwa n’Imana
    Ukuli Kuyobora ku Buzima bw’Iteka
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2020
wp20 No. 3 p. 10
Umugabo usenga.

Imana ‘yumva amasengesho’ kandi iyo tuyisenze birayishimisha.​—ZABURI 65:2

Jya usenga buri gihe

Imana yaduhaye impano nziza yo kuyisenga tukayibwira ibidushimishije n’ibitubabaje. Umuhanuzi Dawidi yasenze Imana avuga ati: “Wowe wumva amasengesho, abantu b’ingeri zose bazaza aho uri” (Zaburi 65:2). None se twakora iki ngo Imana yumve ibyo tuyisaba kandi iduhe imigisha?

JYA UYIBWIRA IBIKURI KU MUTIMA KANDI WIYOROHEJE

Mu gihe usenga Imana, jya ‘usuka imbere yayo ibiri mu mutima wawe,’ mbese uyibwire ibyawe byose (Zaburi 62:8). Iyo dusenze Imana tukayibwira ibituri ku mutima, birayishimisha.

JYA USENGA IMANA UYIVUZE MU IZINA

Imana igira amazina menshi agaragaza ubushobozi bwayo, ariko ifite izina rimwe ishaka ko tumenya. Yaravuze iti: “Ndi Yehova. Iryo ni ryo zina ryanjye” (Yesaya 42:8). Iryo zina riboneka mu Byanditswe Byera inshuro zigera ku 7.000. Abahanuzi benshi basengaga Imana bavuga izina ryayo. Aburahamu yaravuze ati: ‘Yehova, ndakwinginze undeke ngire icyo [nkubwira]’ (Intangiriro 18:30). Natwe mu gihe dusenga Imana, tugomba kuvuga izina ryayo ari ryo Yehova.

JYA USENGA MU RURIMI RWAWE

Imana yumva ibyo tuyibwira, ururimi rwose twaba tuvuga. Ijambo ryayo riravuga ngo: ‘Imana ntirobanura ku butoni, ahubwo muri buri gihugu umuntu uyitinya kandi agakora ibyo gukiranuka ni we yemera.’—Ibyakozwe 10:34, 35.

Ariko niba dushaka ko Imana iduha imigisha, hari ibindi tugomba gukora. Mu bice bikurikira turareba ibindi bintu twakora.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze