30 Uwabibonaga wese yaravugaga ati: “Ibintu nk’ibi ntibyigeze bibaho kandi nta wigeze abibona kuva aho Abisirayeli baviriye mu gihugu cya Egiputa kugeza uyu munsi!” Baravugaga bati: “Reka tubitekerezeho, tujye inama+ hanyuma dufate umwanzuro w’icyo twakora.”