18 Hari abantu benshi batari biyejeje, cyane cyane abakomoka mu muryango wa Efurayimu, mu wa Manase,+ mu wa Isakari no mu wa Zabuloni, ariko bariye kuri Pasika kandi byari binyuranyije n’ibyanditswe. Icyakora Hezekiya yarabasengeye, aravuga ati: “Yehova we mwiza,+ ababarire