8 Ariko ntibigeze bumva cyangwa ngo batege amatwi; ahubwo buri wese yakomeje kugenda ayobowe n’umutima we mubi utumva.+ Ni yo mpamvu natumye ibivugwa mu magambo yose y’iri sezerano bibageraho, ibyo nabategetse kubahiriza kandi bakanga kubikurikiza.’”