19 Yehova, wowe mbaraga zanjye n’ahantu hanjye hari umutekano,
Wowe mpungiraho iyo mfite ibibazo,+
Abantu bo mu bihugu bazaza baturutse ku mpera z’isi, bavuge bati:
“Nta wundi murage ba sogokuruza bari bafite, uretse ibinyoma gusa,
Ibintu by’ubusa kandi bidafite akamaro.”+