Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
d Ibisobanuro byogeye bikunda gutangwa n’Abayahudi bo muri iki gihe, bivuga ko Yeremiya yarimo ahanura gusa ibihereranye n’ivugururwa cyangwa se kwemera bundi bushya iby’amategeko y’isezerano ya Isirayeli, nk’uko byagenze bamaze kuva mu bunyage i Babuloni mu wa 537 Mbere ya Yesu (Ezira 10:1-14). Ariko nanone ubuhanuzi ubwabwo ntibwemera bene ibyo bisobanuro. Imana yavuze mu buryo butaziguye ko ryagombaga kuba ari “isezerano rishya,” ntabwo ari isezerano rivuguruye gusa. Byongeye kandi, yatsindagirije ko ari isezerano ritandukanye n’iryo yasezeranye na bo igihe yabakuraga mu buretwa bwo muri Egiputa. Hari abagiye bavuga ko ryari “rishya” mu buryo bw’uko bagombaga noneho kujya bakurikiza iryo sezerano mu budahemuka, ariko amateka avuguruza icyo gitekerezo. Koko rero, kubera ko batakomeje kuba indahemuka, byatumye urusengero rwa kabiri rusenywa.—Gutegeka 18:19; 28:45-48.