Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Mu bihugu bimwe na bimwe bagira ibigo, amavuriro na gahunda zateganyijwe byo gufasha abasabitswe n’inzoga n’imiryango yabo. Buri muntu ni we wifatira umwanzuro niba azagana ibyo bigo cyangwa niba atazabigana. Abahamya ba Yehova ntibahitiramo abantu gukoresha uburyo runaka bwo kwivuza. Ariko rero, buri muntu wese agomba kwitonda, kugira ngo mu gushaka ubwo bufasha adakora ibintu binyuranyije n’amahame yo mu Byanditswe.