Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Abahanga mu bya Bibiliya bamwe na bamwe bavuga ko amagambo ngo “ishami ry’Uwiteka” yerekeza kuri Mesiya wari kuza nyuma y’uko Yerusalemu yari kuba yongeye kubakwa. Mu bitabo by’Icyarameyi by’Isezerano rya Kera, ayo magambo asobanurwa ngo “Mesiya [cyangwa Kristo] w’Uwiteka.” Igishishikaje ni uko iryo jambo ry’Igiheburayo (tseʹmach), ari na ryo Yeremiya yakoresheje nyuma y’aho, ubwo yavugaga ko Mesiya ari “Ishami rikiranuka” ryashibutse kuri Dawidi.—Yeremiya 23:5; 33:15.