Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
c Ubuhanuzi bwa Yesaya buhereranye no kugwa kwa Babuloni bwasohoye bwose uko bwakabaye, ku buryo abantu bamwe na bamwe bajora Bibiliya bafindafinda bavuga ko bugomba kuba bwaranditswe nyuma y’uko ibyo bintu biba. Ariko nk’uko intiti mu bya Bibiliya yitwa F. Delitzsch yabivuze, nta mpamvu yo kwirirwa dukekeranya dutyo niba twemera ko umuhanuzi ashobora guhumekerwa agahanura ibintu bizaba mu myaka amagana.