Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Hari gahunda Yehova yari yarateganyirije ubwoko bwe, y’uko iyo umwe muri bo yabaga arimo umwenda, yashoboraga kuba umugaragu w’undi, cyane cyane akaba yajya nko kumukorera, kugira ngo yishyure umwenda arimo (Abalewi 25:39-43). Ariko rero, Amategeko yasabaga ko abo bagaragu bafatwa neza. Iyo hagiraga uwo bakorera igikorwa cy’ubugome, yagombaga guhabwa umudendezo akigendera.—Kuva 21:2, 3, 26, 27; Gutegeka 15:12-15.