Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
c Josephus yanditse avuga ibyabaye hagati y’igihe ingabo z’Abaroma zitera i Yerusalemu bwa mbere (mu wa 66 w’igihe cyacu) n’irimbuka ryaho agira ati “mu gihe cya nijoro, hahushye inkubi y’umuyaga, serwakira iyogoza ibintu, hagwa imvura ya rukokoma, habaho imirabyo idatuza, uguhinda kw’inkuba guteye ubwoba, n’imitingito y’isi ikaze cyane. Iryo vurungana ry’ibintu byose ryasuraga irimbuka rya simusiga ry’ikiremwamuntu, kandi nta muntu n’umwe washoboraga gushidikanya ko ibyo byari ibimenyetso byerekanaga ko hari hagiye kubaho akaga kadasanzwe.”