Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Mu buryo bwo kubara amatariki bwa M.K. na A.D., ibintu byabayeho mbere y’igihe abantu benshi batekereza ko ari cyo Yesu yavukiyeho, bigaragazwa na “M.K.,” ni ukuvuga imyaka ya (mbere ya Kristo); naho ibyabaye nyuma y’aho bikagaragazwa na “A.D.,” ni ukuvuga imyaka (Anno Domini—“mu mwaka w’Umwami wacu.”) Ariko kandi, intiti zimwe na zimwe zaminuje zihitamo gukoresha uburyo budafite aho buhuriye na Bibiliya bwo kugaragaza imyaka “M.I.C.” ya (mbere y’Igihe Cyacu) na “I.C.” yo (mu Gihe Cyacu.)