Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Nk’uko Yesu yari yarabihishuye mu mugani w’ingano n’urumamfu hamwe no mu mugani w’inzira yagutse n’inzira ifunganye (Matayo 7:13, 14), Ubukristo bw’ukuri bwari gukomeza gukurikizwa n’abantu bake uko ibihe byari kugenda bisimburana. Icyakora, bari kuzapfukiranwa n’abantu benshi bagereranywa n’urumamfu bari kuzishyira imbere bakanateza imbere inyigisho zabo bagaragaza ko ari bo bagize isura nyakuri y’Ubukristo. Iyo ni yo sura ingingo yacu yerekezaho.