Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Hari umuhanga mu bya Bibiliya wavuze ati: “Abantu bo mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, babonaga ko umuco wo kwakira abashyitsi ari uw’ingenzi cyane, ku buryo uwabaga yatumiye abantu, cyane cyane mu bukwe, yakoraga uko ashoboye akabaha ibirenze ibyo bakeneye. Yagombaga kubaha ibyokurya n’ibyo kunywa byinshi, ku buryo basigaza.”